AGEZWEHO

  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...
  • Amateka ya Mohamood Thabani warohoye imibiri y'Abatutsi mu Kiyaga cya Victoria – Soma inkuru...

Uwari Umuyobozi wungirije w’Umujyi wa kigali yarahiriye kuba komiseri muri CNDH

Yanditswe May, 02 2019 21:19 PM | 10,930 Views



Perezida w’urukiko rw’ikirenga Professor Sam Rugege yakiriye indahiro ya Muhongerwa Patricia wagizwe komiseri muri komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu, amusaba kuzarangwa n’imyitwarire mizima no gutanga umusaruro wifuzwa.

<iframe width="560" height="315" src="https://www.youtube.com/embed/5KSQhO6dzhI" frameborder="0" allow="accelerometer; autoplay; encrypted-media; gyroscope; picture-in-picture" allowfullscreen></iframe>

Mu kwakira indahiro ya Muhongerwa Patricia, Perezida w’urukiko rw’ikirenga Professor Sam Rugege, yashimye ibimaze gukorwa na komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu nyuma ya jenoside yakorewe abatutsi ndetse asaba komiseri Muhongerwa kuzuza neza inshingano ze.

Komiseri Muhongerwa Patricia nawe yagaragaje ko yiteguye gufatanya n’abandi asanze muri iyi komisiyo.


Mu bubasha komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu ifite harimo kuregera inkiko igihe habayeho ihungabana ry’uburenganzira bwa muntu buteganywa n’itegeko nshinga n’amasezerano mpuzamahanga igihugu cy’u rwanda cyasinyeho ndetse kinemeza burundu. 

Hari kandi kuba yakwinjira mu iburanisha ry’imanza zirebana n’uburenganzira bwa muntu ikagaragaza uko ibirebana n’uburenganzira bwa muntu biburanwa yifashishije amategeko.

Muhongerwa Patricia warahiriye kuba komiseri muri komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu; yari asanzwe ari umuyobozi w’Umujyi wa kigali wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage.

Inkuru ya Butare Léonard



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize