AGEZWEHO

  • Abanyarwanda batuye Maputo bakoze umuganda wo gutera ibiti – Soma inkuru...
  • Rwanda Mountain Tea yijeje abahinzi gukomeza kubakemurira bimwe mu bibazo bagifite – Soma inkuru...

Amashuri yongeye gufungura imiryango muri Cabo Delgado

Yanditswe Sep, 29 2022 19:45 PM | 195,945 Views



Mu ruhererekane rw’inkuru ku ishusho ya Cabo Delagado nyuma y’umwaka inzego z’umutekano z’u Rwanda zerekejeho guhangana n’ibyihebe, uyu munsi twerekeje rwego tw’uburezi aho abana batangiye kugaruka ku mashuri gukurikirana amasomo nk’ibisanzwe.

Nyuma y’uko Inzego z’umutekano z’u Rwanda zirwanyije ibyihebe bigatsindwa, ubu byinshi mu bikorwa byongeye gufungura imiryango aha muri Cabo Delgado.

Abanyeshuri bagarutse ku mashuri, ishuri ribanza rya Mute ryigaho abarenga 600 kuri ubu bose bari barahunze imiryango yarafunze, guhera mu kwezi kwa 7 nibwo batangiye kugaruka gacye gacye.

’’Twari Palma naho baraza, duhungira ku kirwa kimwe kitwa Makonko tuvaye aho tujya Ngarawa, hashize iminsi tugaruka hano bucyeye n’aho barongera baratera nibwo twahise duhungira Makuwa.’’

''Ibi byihebe barazaga babasanga nka hano bakabarasa, bagufata bakakwisha, byatumye rero duhunga tugenda tumenya amakuru ko hari n’abandi bantu bagiye bafatwa bakicwa.’’

Nyuma y’urugamba rwirukanye ibi byihebe muri iyi Ntara ya Cabo Delgado, abana barishimye kugaruka ku mashuri, bavuga ko inzego z’umutekano z’u Rwanda uretse kuba zarabagaruriye icyizere cyo kongera kubaho ngo n’inshuti zabo iyo akanya kabonetse ngo baranakina.

’’Iyaba byashobokaga ngo tubahe impano ikomeye, ariko nta kintu dufite.’’

Paul Rutikanga



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abanyarwanda batuye Maputo bakoze umuganda wo gutera ibiti

Rwanda Mountain Tea yijeje abahinzi gukomeza kubakemurira bimwe mu bibazo bagifi

USAID ku bufatanye na Guverinoma y’u Rwanda batangije imishinga igamije gu

Inzego za leta n’iz’abikorera zirasabwa guhuza imbaraga mu kurwanya

Perezida Kagame arashishikariza urubyiruko rwa Afurika kubyaza umusaruro amahirw

Uturere umunani twabonye abayobozi bashya

Gisagara: Imiryango irenga ibihumbi 2 yavuye mu bukene

Uturere 8 tugiye kubona abagize nyobozi na njyanama