Yanditswe May, 10 2024 07:24 AM | 69,664 Views
Ibarura ry’agateganyo ry’ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu muri Tchad ryagaragaje ko Gen Mahamat Idriss Déby Itno wayoboraga iki gihugu mu nzibacyuho ari we watsindiye kuba perezida wacyo.
Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imicungire y’Amatora, Ahmed Bartichet muri Tchad yatangaje ko Mahamat Idriss Deby, afite amajwi 61.3 %. Ni mu gihe amajwi amaze kubarurwa arenga 50%.
Ni amatora yabaye tariki ya 6 Gicurasi 2024, aho Minisitiri w’Intebe Succes Masra wari mu bahanganye na Gen Déby Itno, yagize amajwi 18, 53%.
Gen Déby yagiye ku butegetsi muri Mata 2021, nyuma y’iraswa ry’umubyeyi we, Maréchal Idris Déby Itno, wari umaze imyaka 31 ku butegetsi bwa Tchad.
Gen Mubarakh Muganga yagiriye uruzinduko muri Jordanie (Amafoto)
Apr 22, 2024
Soma inkuru