AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Polisi yijeje gukemura ikibazo cyo gukorera perimi za burundu

Yanditswe May, 22 2023 21:19 PM | 99,561 Views



Hashize igihe humvikana amajwi y’abinubira ko gukorera impushya za burundu zo gutwara ibinyabiziga bikomeje gutinda nyuma y’uko umuntu yiyandikishije.

Abenshi bemeza ko ibi bikunze guteza ingaruka zuko bamwe bahitamo guca inzira zúbusamo mu gushaka isi mpushya harimo no gukoresha izo mu bihugu byo mu karere, Polisi yú Rwanda yo ivuga ubu iki kibazo kiri mu nzira zo gucyemuka.

Mu minsi ishize, Nkurunziza Pascal yahawe na polisi gahunda yo kuzakora ikizamini umwaka utaha mukwa kabiri.

Ni ikibazo atihariye, ahubwo we nabo bagihuje basaba Polisi kugira icyo ikora ngo bakore ibi bizamini vuba.

Abigisha gutwara ibinyabiziga bemeza uburemere bw’iki kibazo, bagasaba ko Polisi ko yagira icyo ikora ngo gikemuke burundu, kuko byagabanya n'abajya gushakira ibi byangombwa mu nzira zidakwiriye.

Umuvugizi wa Polisi y'igihugu, CP John Bosco Kabera avuga ko ubu Polisi irimo kongera abakozi muri uru rwego, ndetse hari no kubakwa ikigo cyihariye kizafasha kwihutisha ikorwa ry'ibizamini cyane cyane ikizamini cya burundu cyo gutwara ibinyabiziga.

Polisi ivuga ko ikigo kirimo kubakwa kizafasha cyane cyane abatuye mu mujyi wa Kigali gukora buri gihe ubu imirimo yo kucyubaka igeze hejuru ya 70% ku buryo mu gihe cya vuba izaba cyatangaye gukoreshwa.

Fiston Felix Habineza



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Imiryango 4800 imaze kwimurwa nyuma y’ibiza byo muri Gicurasi 2023

Minisitiri Gasana yasabye urubyiruko gushikama bagahangana n’abakomeje gup

U Rwanda rurishimira ibyagezweho mu kurwanya Malariya

Abadepite basabye Guverinoma gukemura ikibazo cyo gushyingura bihenze

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza