AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Inkeragutabara zongewe mu bagenerwabikorwa b’Ihahiro ry’Inzego z’Umutekano

Yanditswe Mar, 14 2024 18:15 PM | 99,594 Views



Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, yavuze ko Umutwe w’Inkeragutabara ugiye gushyirwa mu bagenerwabikorwa b’Ihahiro ry’Inzego z’Umutekano, Armed Forces Shop (AFOS) kuko na wo ubyemerewe.

Yabigarutseho kuri uyu wa Kane, tariki ya 14 Werurwe 2024, ubwo Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite yasuzumaga ishingiro ry’umushinga w’itegeko rishyiraho Ihahiro ry’Inzego z’u Rwanda zishinzwe kurinda igihugu n’umutekano.

Abadepite bitabiriye Inteko Rusange batoye ishingiro ry’uyu mushinga w’itegeko rishyiraho AFOS.

Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, yasobanuye ko n’ubwo iri hahiro risanzweho kandi ibicuruzwa birimo bikaba bisonerwa umusoro, ngo ni ngombwa ko hagira irindi shoramari rikorwa.

Ubusanzwe muriArmed Forces Shop (AFOS) hahahira abasirikare, abapolisi n’abacungagereza ndetse n’imiryango yabo.

Minisitiri Marizamunda yavuze ko Icyiciro cy’Inkeragutabara na cyo kigiye gushyirwa mu bagenerwabikorwa b’ihahiro ry’inzego zifite aho zihuriye n’umutekano.

Iteka rya Minisitiri w’Ingabo ni ryo rigena ikindi cyiciro gishobora gushyirwa mu bagenerwabikorwa ba AFOS mu gihe babisabye.

Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, yavuze ko mu mpinduka zifuzwa ari uko iri hahiro ryakora irindi shoramari ryinjiza amafaranga nko mu mpapuro mpeshamwenda.

Kuri iki gitekerezo, Abadepite bavuze ko iri shoramari rikwiye kwiganwa ubushishozi ku buryo ridakorwa mu bucuruzi busanzwe.

Abadepite bagaragaje ko hakenewe kugira ibinozwa muri uyu mushinga w’itegeko ku nyungu z’abagenerwabikorwa b’iri hahiro.

Banasabye Minisiteri y'Ingabo kwegereza abagenerwabikorwa iri hahiro kuko usanga riri kure kandi amashami 15 asanzwe mu gihugu hose adahagije.

Minisitiri Marizamunda yasobanuye ko mu kugena ahajya amashami, habanza kurebwa ingano y'abagenerwabikorwa.

Abadepite basabye ko urutonde rw'ibicuruzwa byo muri AFOS rwakongerwa bitewe n'uko ibiciro by'ibintu byinshi birushaho kuzamuka kandi hari ibyo usanga bitaruriho.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Imiryango 4800 imaze kwimurwa nyuma y’ibiza byo muri Gicurasi 2023

Minisitiri Gasana yasabye urubyiruko gushikama bagahangana n’abakomeje gup

U Rwanda rurishimira ibyagezweho mu kurwanya Malariya

Abadepite basabye Guverinoma gukemura ikibazo cyo gushyingura bihenze

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza