Yanditswe Mar, 14 2024 18:15 PM | 99,594 Views
Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, yavuze ko Umutwe w’Inkeragutabara
ugiye gushyirwa mu bagenerwabikorwa b’Ihahiro ry’Inzego z’Umutekano, Armed
Forces Shop (AFOS) kuko na wo ubyemerewe.
Yabigarutseho kuri uyu wa Kane, tariki ya 14 Werurwe 2024, ubwo Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite yasuzumaga ishingiro ry’umushinga w’itegeko rishyiraho Ihahiro ry’Inzego z’u Rwanda zishinzwe kurinda igihugu n’umutekano.
Abadepite bitabiriye Inteko Rusange batoye ishingiro ry’uyu mushinga w’itegeko rishyiraho AFOS.
Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, yasobanuye ko n’ubwo iri hahiro risanzweho kandi ibicuruzwa birimo bikaba bisonerwa umusoro, ngo ni ngombwa ko hagira irindi shoramari rikorwa.
Ubusanzwe muriArmed Forces Shop (AFOS) hahahira abasirikare, abapolisi n’abacungagereza ndetse n’imiryango yabo.
Minisitiri Marizamunda yavuze ko Icyiciro cy’Inkeragutabara na cyo kigiye gushyirwa mu bagenerwabikorwa b’ihahiro ry’inzego zifite aho zihuriye n’umutekano.
Iteka rya Minisitiri w’Ingabo ni ryo rigena ikindi cyiciro gishobora gushyirwa mu bagenerwabikorwa ba AFOS mu gihe babisabye.
Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, yavuze ko mu mpinduka zifuzwa ari uko iri hahiro ryakora irindi shoramari ryinjiza amafaranga nko mu mpapuro mpeshamwenda.
Kuri iki gitekerezo, Abadepite bavuze ko iri shoramari rikwiye kwiganwa ubushishozi ku buryo ridakorwa mu bucuruzi busanzwe.
Abadepite bagaragaje ko hakenewe kugira ibinozwa muri uyu mushinga w’itegeko ku nyungu z’abagenerwabikorwa b’iri hahiro.
Banasabye Minisiteri y'Ingabo kwegereza abagenerwabikorwa iri hahiro kuko usanga riri kure kandi amashami 15 asanzwe mu gihugu hose adahagije.
Minisitiri Marizamunda yasobanuye ko mu kugena ahajya amashami, habanza kurebwa ingano y'abagenerwabikorwa.
Abadepite basabye ko urutonde rw'ibicuruzwa byo muri AFOS rwakongerwa bitewe n'uko ibiciro by'ibintu byinshi birushaho kuzamuka kandi hari ibyo usanga bitaruriho.
Imiryango 4800 imaze kwimurwa nyuma y’ibiza byo muri Gicurasi 2023
Apr 26, 2024
Soma inkuru
Minisitiri Gasana yasabye urubyiruko gushikama bagahangana n’abakomeje gupfobya Jenoside
Apr 26, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwifatanyije n'isi mu munsi mpuzamahanga wo kurwanya Malariya
Apr 25, 2024
Soma inkuru
Abadepite basabye Guverinoma gukemura ikibazo cyo gushyingura bihenze
Apr 25, 2024
Soma inkuru
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
Apr 24, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru