AGEZWEHO

  • U Rwanda rwateye utwatsi ibirego bya Amerika yarushinje kurasa mu nkambi i Goma – Soma inkuru...
  • Prince Kiiiz yasezeye muri Country Records – Soma inkuru...

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?

Yanditswe Apr, 24 2024 17:44 PM | 183,351 Views



Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, ruvuga ko kutamenya neza amateka y’u Rwanda ari imbogamizi ikomeye ibakoma mu nkokora mu rugamba rwo guhangana n’abakwirakwiza ingengabitekerezo n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi kuri ubu yiganje cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga.

Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi imyaka ibaye 30 Abanyarwanda bari mu rugendo rwo kubaka Ubumwe. Nubwo bimeze gutyo ariko hari urubyiruko rwiganjemo urwavutse nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi ruvuga ko hari byinshi rudasobanukiwe ku mateka y’u Rwanda.

Ubushakashatsi butandukanye bwagaragaje ko ingengabitecyerezo ya Jenoside yakorewe Abatutsi igaragara no mu rubyiruko rurimo n’urwavutse nyuma ya Jenoside, ibi akaba ari imbogamizi ikomeye ku hazaza h’igihugu.   

Mu rwo rwo gufasha urubyiruko kumenya neza amateka y’u Rwanda cyane cyane amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi n’ingaruka zayo, Umuryango Rwanda We want ufatanyije n’Umuryango Mpuzamahanga uharanira amahoro International Alert bateguye ibiganiro by’iminsi ibiri  bise “Rwanda Reflect” , aho urubyiruko ruturuka mu turere tw'Umujyi wa Kigali ruganirizwa ku ruhare itangamakuru, imiyoborere mibi ndetse n’uburezi byagize mu mitegurire ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Urubyiruko rwitabiriye ibiganiro ruvuga ko rwahamenyeye byinshi ku mateka y’u Rwanda bigiye kubafasha kurushaho kunga ubumwe mu kubaka igihugu no kukirwanira ishyaka mu kugiteza imbere.

Ibarura rusange rya 2022 ryagaragaje ko urubyiruko ruri munsi y’imyaka 30 ari 65.3%, ibi bigaragaza ko umubare wabo ari munini bivuze ko bataganirijwe ku mateka y’ukuri kuri Jenoside yakorewe Abatutsi byagira ingaruka kuri ejo hazaza h’Igihugu.

Juventine Muragijemariya



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ben Kayiranga yagaragaje uko Visit Rwanda yugururiye amarembo Abanyarwanda i Par

Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya

Abahanzi basaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennia

Art Rwanda Ubuhanzi yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2