AGEZWEHO

  • Nyamasheke: Mu minsi ibiri abarwayi 1000 bamaze kuvurirwa ku bitaro bya Kibogora n'Ingabo z'u Rwanda – Soma inkuru...
  • Ibibazo biri mu Burasirazuba bwa RDC ntibizakemuka Leta igikorana na FDLR- Abasesenguzi – Soma inkuru...

Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya

Yanditswe Apr, 19 2024 10:41 AM | 82,019 Views



Umuraperi Ntakirutimana Danny wamamaye mu muziki by’umwihariko mu Njyana ya Hip hop ku mazina ya Danny Nanone yavuze ko mu gihe cya vuba azashyira hanze indirimbo nshya kandi yizeye ko zizaba ari nziza kurusha izo yaherukaga guha abakunzi be.

Uyu muhanzi umaze imyaka irenga 15 mu muziki, aherutse gukora igitaramo cyo kumurika album ye ya mbere yise “Iminsi Myinshi’. Cyabaye mu Ukuboza 2023.

Kuva icyo gihe ariko, ntabwo arashyira hanze indirimbo nshya, ibintu abakunzi be bari bamaze igihe bamwishyuza.

Danny Nanone yari mu Kiganiro Magic Morning cyo kuri Magic FM kuri uyu wa Gatanu, aho yabajijwe ibibazo 16 ku buzima bwe ndetse n’urugendo rwe mu muziki.

Yavuze ko igitaramo yakoze mu Ukuboza 2023, ari kimwe mu bintu yishimiye mu rugendo rwe rw’umuziki.

Ati “Cyari igitaramo cyanjye cya mbere, kiri mu byo nishimira navuga ko nagezeho muri uru rugendo.”

Danny Nanone udaheruka gushyira hanze indirimbo kuva icyo gihe, yavuze ko amaze iminsi ari gutunganya indirimbo nyinshi kandi nziza kurusha izo yari amaze igihe aha abakunzi be.

Ati “Ndagira ngo mbizeze ko bagiye kubona imiziki myiza, indirimbo nziza, iyo nzirebye nanjye mbona ziriya za ‘iminsi myinshi, my type n’izindi bamaze iminsi babona ari utwana.”

Yakomeje ati “Indirimbo maze igihe nzitegura, zirahari kandi ndazibaha mu gihe cya vuba.”

Danny Nanone uri mu baraperi bazwiho kuririmba indirimbo z’urukundo, yavuze ko mu buzima bwe afatira urugero ku bikorwa bya Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Ati “Hari ukuntu mba ndi mu biro byanjye, nareba ifoto ye nkavuga nti ngomba gukora cyane kugira ngo ntamutenguha."

Uyu muraperi wize umuziki mu Ishuri ry’u Rwanda ry’Umuziki, yanarangije kwiga ibijyanye n’Itangazamakuru n’Inozamubano muri ICK.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ben Kayiranga yagaragaje uko Visit Rwanda yugururiye amarembo Abanyarwanda i Par

Abahanzi basaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennia

Art Rwanda Ubuhanzi yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2