AGEZWEHO

  • U Rwanda rwateye utwatsi ibirego bya Amerika yarushinje kurasa mu nkambi i Goma – Soma inkuru...
  • Prince Kiiiz yasezeye muri Country Records – Soma inkuru...

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y'imyaka 30-49

Yanditswe Apr, 24 2024 16:41 PM | 119,638 Views



Abari n’abategarugori bo mu Karere ka Musanze, barashishikarizwa kwitabira kwisuzumisha ku buntu kanseri y’ibere n’iy’inkondo y’umura, kuko iyi serivise y’ubuvuzi yabegerejwe ku bigo nderabuzima byose n’ibitaro bikuru bya Ruhengeri. 

Abarimo gusuzumwa kanseri y’ibere ni abafite kuva ku myaka y’amavuko 30 kugera kuri 49.

Ni mu gihe n’abagore bafite kuva ku myaka 50 kugera kuri 65 barimo gusuzumwa kanseri y’inkondo y’umura, abangavu kuva ku myaka 12-16 bo bagakingirwa kanseri y’inkondo y’umura.

Nyuma yo gusuzuma izo ndwara ku bigo nderabuzima by’Akarere ka Musanze no ku bitaro bikuru bya Ruhengeri, abaganga bavuga ko ibizamini byoherezwa ku rwego rw’ubuvuzi  rwisumbuyeho kugirango binyuzwe muri laburatwari zabugenewe.

Gusa ubwitabire bw’abisuzumisha izo ndwara ngo buracyari hasi. 

Umuyobozi mukuru w’ibitaro bya Ruhengeri, Dr Muhire Philbert avuga ko nubwo bategereje ibisubizo bizava muri laburatwari, ngo abarwayi bakira ba kanseri y’inkondo y’umura n’iy’ibere bakomeje kwiyongera.

Iki gikorwa cyo gusuzuma kanseri y’ibere n’iy’inkondo y’umura mu Karere ka Musanze cyatangiye kuva tariki 15 Mata 2024 kizasozwa kuya 26 z’uku kwezi.

Kuva hatangira ubu bukangurambaga, hamaze kubarurwa ku rwego rw’Umudugudu abagore barenga 1,500 basuzumwe kanseri y’inkondo y’umura babifashijwemo n’abajyanama b’ubuzima, hakiyongeraho n’abarenga 200 basuzumiwe ku bigonderabuzima n’ibitaro bya Ruhengeri. 

Abangavu basaga ibihumbi 4 nibo bamaze gukingirwa kanseri y’inkondo y’umura.

Robert Byiringiro




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique zagabye ibitero ku byihebe mu Nta

Umujyi wa Kigali waburiye abaturage kwitwararika muri ibi bihe by'imvura ny

Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta yavuze ko hatazwi irengero rya toni 3100

WASAC igiye kubaka bundi bushya ikimoteri cya Nduba

Umujyi wa Kigali ugiye guhagurukira abateza urusaku

NEC yasobanuye aho imyiteguro y'amatora igeze

Inzu zisaga 250 zigiye kubakirwa abibasiwe n’ibiza i Karongi na Rutsiro

Kwirengagiza ubumenyi gakondo mu bidindiza ibihugu biri mu nzira y'iterambe