AGEZWEHO

  • USA: Kaminuza ya Leta ya California yibutse ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi – Soma inkuru...
  • Gicumbi: Imiryango yasenyewe n’ibiza mu 2023 yatujwe mu Mudugudu wa Kaniga – Soma inkuru...

Kigali: Kubura igishoro nicyo gituma baguma gucururiza ku mihanda

Yanditswe Jun, 29 2016 10:51 AM | 1,019 Views



Ubuyobozi bw'umujyi wa Kigali buratangaza ko burimo kwegeranya imibare y'abakora ubucuruzi bwo mu mihanda ngo bamenyekane bityo bazabone uko bafashwa kubuvamo. Abakora ubwo bucuruzi bo ariko bagaragaza ubushobozi buke mu kubona igishoro nk'imwe mu nzitizi zituma ubwo bucuruzi batabucikaho.

Benshi mu bakora ubucuruzi bwo ku mihanda basanga ari amaburakindi, bakemeza ko igishoro ari inzitizi ibakomereye. Ibi kandi babikora mu gihe hashyizweho amasoko yo gucururizamo hirya no hino mu mujyi wa Kigali,

Uretse ubucuruzi bwo ku mihanda butemewe, ndetse umujyi wa Kigali utaramenyera imibare y'ababukora, hari n'ibindi bibazo nk'ubuzererezi, guta amashuri n'uburaya na byo bikomeje gusesengurwa n'inzego zitandukanye kugira ngo harebwe uko abafatanyabikorwa b'uwo mujyi babishyira mu bibazo bikwiye gukemurwa mu buryo bwihutirwa.

Reba inkuru mu mashusho hano:

Inkuru ya John BICAMUMPAKA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Gen Mubarakh Muganga yagiriye uruzinduko muri Jordanie (Amafoto)