AGEZWEHO

  • Gicumbi: Imiryango yasenyewe n’ibiza mu 2023 yatujwe mu Mudugudu wa Kaniga – Soma inkuru...
  • Kamonyi: Hibutswe abana n’abagore bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi – Soma inkuru...

Perezida Kagame yakiriye umwami wa Maroc muri Village Urugwiro

Yanditswe Oct, 19 2016 17:37 PM | 4,721 Views



Kuri uyu wa gatatu, Perezida Kagame yakiriye muri village Urugwiro Umwami Mohammed VI wa Maroc, uri mu ruzinduko rw'akazi mu Rwanda. minisitiri w'ububanyi n'amahanga w' u Rwanda Louise Mushikiwabo, yavuze ko uruzinduko rw'umwami wa Maroc mu Rwanda, ari izingiro ry'ubufatanye bukomeye hagati y'ibihugu byombi.

Abayobozi bombi banayoboye umuhango wo gusinya amasezerano y'ubufatanye n'imikoranire hagati y'ibihugu bya Maroc n'u Rwanda, ndetse banasangira ku meza bishimira ubu bufatanye basanga buzabyara inyungu, yaba iza Politiki, ubukungu n'imibereho myiza y'abaturage, nk'ibihugu bisangiye icyerekezo, nk'uko bitangazwa na Ministiri w'ububanyi n'amahanga w' u Rwanda Louise mushikiwabo:

“Turi ibihugu bibiri ariko bifite inyito nyinshi, turi ibihugu bifite ubushake, kandi turi ibihugu bishyira imbere abaturage bacu. N’ubwo dutandukanywa n'ubuso buri hagati yacu, u Rwanda na Maroc ni ibihugu bifite aho byifuza kugera kandi byahisemo kugendana muri iryo terambere, hamwe n'ibindi bihugu by'abavandimwe Ku mugabane wa Afurika.” Min. Mushikiwabo



Minisitiri Louise Mushikiwabo, yagarutse ku kazi gakomeye kakozwe n' ibihugu byombi byanatumye kugeza ubu byisanga nk'abavandimwe.

Yagize ati: “Mu kanya gashize twari mu kazi, ubu rero twisanze mu muryango, kugirango twishimire ibihugu byacu mu cyerecyezo cyagutse. Ubu rero ni igihe cyo gusangira mu muryango, kandi murakaza neza mu Rwanda.”

Uruzinduko rw'umwami wa Maroc mu Rwanda ruje rukurikira urwa perezida w'u Rwanda Paul Kagame yagiriye muri Maroc mu kwezi kwa Kamena uyu mwaka.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yakiriye abayobozi n’abanyeshuri b’ishuri rya Royal

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye impamvu umukozi wa Human Rights Watch yan

Gicumbi: Imiryango yasenyewe n’ibiza mu 2023 yatujwe mu Mudugudu wa Kaniga

Minisitiri w'Intebe wa Guinée Conakry yasuye umushinga wa Gabiro Agr

Amajyaruguru: Imiryango 11 y’abarokotse Jenoside yaremewe n’abanyamu

Burera: Abaturage 6 bakomerekejwe n’imbogo zasohotse muri Pariki y’I

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Guin&

Abatuye Afurika bagomba kubakira iterambere ryawo ku bisubizo by'ibibazo bi