AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Perezida Kagame yitabiriye igitaramo Inkuru ya 30 cy’Itorero Inyamibwa AERG

Yanditswe Mar, 23 2024 21:42 PM | 96,899 Views



Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye igitaramo cy’Itorero Inyamibwa AERG, cyashushanyirijwemo urugendo rw’imyaka 30 bamwe mu Banyarwanda bamaze barahejejwe ishyanga ndetse n’imyaka 30 ishize u Rwanda rubohowe.

Iki gitaramo cyiswe Inkuru ya 30 cyabereye muri BK Arena, mu ijoro ryo ku wa Gatandatu, tariki 23 Werurwe 2024, aho kitabiriwe n’imbaga y’abiganjemo urubyiruko.


Perezida Kagame yashimiwe muri iki gitaramo nk’uwayoboye urugamba rwo kubohora igihugu ndetse akaba akomeje kuba ku ruhembe rwo guteza imbere u Rwanda n’Abanyarwanda.

Umushyushyarugamba, Lion Imanzi uyoboye iki gitaramo yasabye abitabiriye gushimira Perezida Kagame mu buryo bw’umwihariko.

Ati “Inkuru ya 30 ntabwo yari kuba yuzuye iyo umubyeyi wagize uruhare kugira ngo uru rugendo rube rugezweho aba adahari.”


Itorero Inyamibwa ryafashije abitabiriye gususuruka no kwibuka amwe mu mateka yaranze u Rwanda arimo ay’abari barahejejwe mu buhungiro, ay’urugamba rwo kubohora igihugu ndetse n’imyaka 30 ishize yo kubaka u Rwanda.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanz

U Bwongereza bwemeje bidasubirwaho gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda

Kenya yatangiye icyunamo cy'Umugaba Mukuru w'Ingabo wapfiriye mu mpanu

Ambasade ya Ukraine yafunguwe ku mugaragaro i Kigali

Iyo haba ubushake, Jenoside yakorewe Abatutsi yari buhagarikwe- Perezida Macron

Putin yatorewe kuyobora u Burusiya muri manda ya gatanu

Putin yasabye Abarusiya kumuha amajwi mu ‘matora yo mu bihe bigoye’

U Burayi bwahaye Ukraine inkunga ya miliyari 5.48$