AGEZWEHO

  • Rusizi: Ababyeyi b'Intwaza bashimye Igihugu cyabahurije hamwe ntibakomeza guheranwa n'agahinda – Soma inkuru...
  • Madamu Jeannette Kagame yagarutse ku mahitamo Abanyarwanda bafashe yo kongera kunga ubumwe – Soma inkuru...

U Burayi bwahaye Ukraine inkunga ya miliyari 5.48$

Yanditswe Mar, 14 2024 10:30 AM | 111,970 Views



Ibihugu bigize Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, EU, byemereye Ukraine inkunga mu bya gisirikare ya miliyari 5.48$ mu kongerera iki gihugu imbaraga mu ntambara imaze imyaka isaga ibiri gihanganyemo n'u Burusiya.

Mu butumwa, Josep Borrell ushinzwe Ububanyi n’Amahanga muri EU yanditse ku Rubuga rwa X, yavuze ko u Burayi buzakomeza gushyigikira Ukraine.

U Bufaransa bwari bwerekanye ko iki cyemezo gishobora kubahirizwa mu gihe hubahirijwe ihame ryo kugura intwaro zakorewe i Burayi ariko ibindi bihugu bivuga ko hari impungenge ko byatuma ibikoresho bya gisirikare bitinda kuboneka mu gihe bikenewe mu gufasha Ukraine.

EU yijeje gukomeza gutera inkunga Ukraine mu gihe Amerika imaze igihe ari yo iyiha imfashanyo itubutse muri iyi ntambara yayihagaritse.

Ni icyemezo cyafashwe mu gihe Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika itaratora umushinga w'itegeko ku mfashanyo ya miliyari 95$ igenewe leta z’amahanga, irimo na miliyari 60$ zo gufasha Igisirikare cya Ukraine.

Tariki ya 24 Gashyantare 2022 ni bwo u Burusiya bwatangije intambara kuri Ukraine. Iki cyemezo cyatumye u Burusiya bufatirwa ibihano bitandukanye ndetse mu kwezi gushize, Amerika yatangaje ibirenga 500 ku bigo n’abantu bafite aho bahurira n’ubutegetsi bwa Vladimir Putin.

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi na wo wafatiye u Burusiya ibihano bishya 200 ndetse n’u Bwongereza bwabikoze butyo ku bigo n’abantu bafite aho bahurira n’iki gihugu.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Rusizi: Ababyeyi b'Intwaza bashimye Igihugu cyabahurije hamwe ntibakomeza g

Madamu Jeannette Kagame yagarutse ku mahitamo Abanyarwanda bafashe yo kongera ku

MINECOFIN yatangaje ko harimo gusuzumwa uburyo bwo guhindura politiki yo kubaka

Kuki Leta itarashe ku ntego yo gutuza abaturage ku Mudugudu muri iyi myaka 7?

Abatangabuhamya bagaragaje ko byabasabye kwishyura Nkunduwimye kugira ngo abahun

Nyarugenge: Abaturage batabaje ubuyobozi bijejejwe ubufasha

Perezida Kagame yasabye urubyiruko kudapfusha ubusa imyaka yabo

RCS igiye gufungura abantu bagera ku 2000 barangije ibihano