Yanditswe Aug, 30 2018 22:44 PM | 6,609 Views
Mu Rwanda hatangijwe igikorwa cyo gutanga indangampunzi ku bantu basaga 2700 babaruwe. Impunzi zari zimaze igihe mu Rwanda zidafite iki cyangombwa kiziranga, ziremeza ko hari amahirwe byababuzaga cyane cyane ku isoko ry' umurimo.
Bamwe mu mpunzi bemeza ko kutagira ibyangombwa bibaranga hari ingaruka byabagiragaho mu mikorere yabo. Babihurizaho n’izindi mpunzi zirimo n’iz’abakongomani. Bati, "nkanjye mfise amafaranga usibye kuri mobile Money nta handi hantu nari nemerewe kuyabika, ariko kubera ko ari ID yuzuye iteye nk'iy’igihugu c' u Rwanda nubwo hariko ijya logo ya HCR ituranga nk'impunzi ariko urabona ko twinjiye muri system kimwe n'abandi."
Nyuma y'ibarura ryatangiye mu kwezi kwa mbere 2018 kuri uyu wa kane hatangiye igikorwa cyo gutanga indangampunzi ku bantu 2761 harimo impunzi z'abarundi n'abakongomani bari mu mujyi wa Kigali ndetse no mu yindi mijyi.
Uretse iyi ndangampunzi yatanzwe ministiri ushinzwe ibiza n’impunzi DEBONHEUR JEAN D’ARC avuga ko izi mpunzi zigiye guhabwa n’ ikindi cyangombwa kibagurira amarembo kurushaho. Ati, "ikindi gikurikiraho nuko turimo dukorana n’ urwego rushinzwe abanjira n’abasohoka kugira ngo abifuza kujya mu mahanga hatangwe icyangombwa kibasha gusomwa mu mashini ku buryo bakifashisha kujya mu mahanga kuba bajya gushakirayo imirimo.
Nyuma y'umujyi wa Kigali iki cyangombwa kizatangirwa no mu yindi mijyi, igikorwa gikomereze no mu nkambi ziri hirya no hino mu gihugu.
Rusizi: Ababyeyi b'Intwaza bashimye Igihugu cyabahurije hamwe ntibakomeza guheranwa n'agah ...
4 hours
Soma inkuru
Madamu Jeannette Kagame yagarutse ku mahitamo Abanyarwanda bafashe yo kongera kunga ubumwe
4 hours
Soma inkuru
MINECOFIN yatangaje ko harimo gusuzumwa uburyo bwo guhindura politiki yo kubaka inzu ziciriritse
May 08, 2024
Soma inkuru
Kuki Leta itarashe ku ntego yo gutuza abaturage ku Mudugudu muri iyi myaka 7?
May 08, 2024
Soma inkuru
Abatangabuhamya bagaragaje ko byabasabye kwishyura Nkunduwimye kugira ngo abahungishe muri Jenoside
May 08, 2024
Soma inkuru
Nyarugenge: Abaturage batabaje ubuyobozi bijejejwe ubufasha
May 07, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasabye urubyiruko kudapfusha ubusa imyaka yabo
May 07, 2024
Soma inkuru
RCS igiye gufungura abantu bagera ku 2000 barangije ibihano
May 07, 2024
Soma inkuru