AGEZWEHO

  • Nyamasheke: Mu minsi ibiri abarwayi 1000 bamaze kuvurirwa ku bitaro bya Kibogora n'Ingabo z'u Rwanda – Soma inkuru...
  • Ibibazo biri mu Burasirazuba bwa RDC ntibizakemuka Leta igikorana na FDLR- Abasesenguzi – Soma inkuru...

Abadakunda u Rwanda na bo babonye impamba yabo- Perezida Kagame

Yanditswe Jan, 02 2020 13:05 PM | 1,981 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame arizeza abanyarwanda ko ikibazo cy'abatifuriza ineza u Rwanda bakanaruhungabanya kizarangirana n'uyu mwaka wa 2020.

Ibi Umukuru w'igihugu yabitangarije mu birori by'umunsi mukuru w'ubunani bw'uyu mwaka wa 2020.

Ni ibirori byabaye mu ijoro rya nyuma ry'umwaka wa 2019 rishyira ubunani bw'umwaka mushya wa 2020.

Mu ijambo rye, Umukuru w'igihugu yakomoje ku cyerekezo 2020, ashimangira ko umwaka wa 2019 ushyize akadomo kuri icyo cyerekezo ushimangiye ko u Rwanda ari igihugu cy'umugisha.

Perezida Kagame yanakomoje ku batifuriza ineza u Rwanda, agaragaza ko umwaka wa 2019 nabo bawubonyemo ibibakwiye kuko bakomeje kuvunira ibiti mu matwi.

Yagaragaje ko muri uyu mwaka mushya wa 2020 u Rwanda rwiteguye guharania amahoro n'amajyambere y'abana barwo ku kiguzi icyo ari cyo cyose, aboneraho no kongera kwifuriza abanyarwana umwaka mushya muhire.

Abasaga 1000 baturutse hirya no hino mu turere twose tw'igihugu, ni bo bitabiriye ibi birori byo gusoza umwaka wa 2019 binabinjiza muri 2020 ku butumire bwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame wari kumwe na Madame we Jeannette Kagame. Ni ibirori byabereye muri kimwe mu bikorwa by'amajyambere umwaka wa 2019 usigiye u Rwanda, inzu y'imikino n'imyidagaduro ya Kigali Arena.


Divin UWAYO



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ben Kayiranga yagaragaje uko Visit Rwanda yugururiye amarembo Abanyarwanda i Par

Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya

Abahanzi basaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennia

Art Rwanda Ubuhanzi yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2