AGEZWEHO

  • Twahisemo kuba umwe no gushyira inyungu za buri mu Nyarwanda imbere - Perezida Kagame – Soma inkuru...
  • Nyamasheke: Mu minsi ibiri abarwayi 1000 bamaze kuvurirwa ku bitaro bya Kibogora n'Ingabo z'u Rwanda – Soma inkuru...

Ben Kayiranga na Mico The Best bateguje igitaramo gikomeye mu Bufaransa

Yanditswe Apr, 19 2024 17:49 PM | 88,805 Views



Abahanzi b’amazina azwi mu muziki w’u Rwanda, Ben Kayiranga na Mico The Best batangaje ko bategura gukora igitaramo gikomeye kizabera mu Bufaransa mu mpeshyi y’uyu mwaka.

Ben Kayiranga yabitangaje kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 19 Mata 2024, ubwo we na Mico bari abatumirwa mu Kiganiro Versus cya Televiziyo Rwanda.

Aba bombi baheruka guhurira mu ndirimbo bise “Lettre’’ imaze amezi agera kuri abiri igiye hanze.

Ben Kayiranga yavuze ko yahisemo kuzakorana na Mico The Best ibitaramo hanze y’u Rwanda kuko Abanyarwanda baba mu mahanga bakunda umuziki we.

Yagize ati “Turi gupanga ibitaramo mu Bufaransa mu mpeshyi. Ndagira ngo uzaze [Mico The Best] dufatanye kuririmba. Ni yo gahunda dufite mu [kwezi] kwa Gatandatu cyangwa mu kwa Karindwi.’’

Mico The Best yavuze ko u Rwanda rwagutse ku buryo no mu mahanga usanga mu bihugu bitandukanye haba hari abahanzi kandi benshi ndetse asaba ko byajya bishyigikirwa.

Yagize ati “Ku biganiro by'umuziki akenshi bikorwa ku manywa, hakabaye hajyaho akanya kitwa ‘Diaspora’. Abanyarwanda tugira hanze ni benshi. Abana babo cyangwa abahanzi baho bakwiye kwamamara. Impamvu bizabafasha ni uko Abanyarwanda benshi baba hanze bareba ibitangazamakuru byo mu Rwanda ndetse n’iyo nganzo y'Abanyarwanda ikeneye kumenyekana.''

Biteganyijwe ko nta gihindutse mu minsi iri imbere, Ben Kayiranga na Mico The Best bazatangaza gahunda yose irambuye y’igihe n’aho ibitaramo bateguye bizabera.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ben Kayiranga yagaragaje uko Visit Rwanda yugururiye amarembo Abanyarwanda i Par

Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya

Abahanzi basaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennia

Art Rwanda Ubuhanzi yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2