AGEZWEHO

  • Kuki Leta itarashe ku ntego yo gutuza abaturage ku Mudugudu muri iyi myaka 7? – Soma inkuru...
  • Abatangabuhamya bagaragaje ko byabasabye kwishyura Nkunduwimye kugira ngo abahungishe muri Jenoside – Soma inkuru...

'Hand sanitizers' zicururizwa ku zuba hirya no hino mu Mujyi wa Kigali zimarira iki abazikoresha?

Yanditswe Aug, 08 2020 09:48 AM | 58,041 Views



Bamwe mu bakoresha imiti isukura intoki izwi nka 'hand sanitizers barakemanga ubuziranenge bw'imwe muri iyi miti  icururizwa ku zuba bagakeka ko ishobora kubagiraho ingaruka.

Ku nkengero z’imihanda,imbere y’inzu z’ubucuruzi n’ahahurira abantu benshi, ni hamwe mu ho usanga abacuruza imiti yagewe gusukura intoki izwi nka “Hand Sanitisers”.

Iyi miti yarushijeho gukwira mu gihugu kuva icyorezo cya Covid-19 cyakwaduka mu Rwanda kuko ikoreshwa nka bumwe mu buryo bwirinda ikwirakira ryacyo.

Nyamara bamwe mu bakoresha iyi miti bashidikanye ubuziranenge bw’imwe muri yo cyane cyane imara igihe kinini ku zuba. 

Ku ruhande rw'abacururiza izi “hand sanitizers” abacururiza mu maguriro azwi bavuga ko bazibika. Icyakora abazicururiza hanze bo bavuga ko bagerageza kuzihungisha izuba. 

Dr Abias Maniragaba impuguguke mu by'ubutabire avuga ko iyo umuti nka hand sanitizer ubitswe ku zuba uba utagifite ubushobozi bwo kwica mikorobe ukaba wanateza ibibazo uwukoresheje 

Umuyobozi w'Ikigo gishinzwe ubuziranenge bw'ibiribwa n'imiti (FDA), Dr Karangwa Charles, avuga ko nta wemerewe gucururiza uyu muti wica mikorobe ku zuba akavuga ko harimo harebwa uburyo imiti nk’iyi yacuruzwa n’ababihugukiwe.

Iki kigo kivuga ko kirimo gukora ibarura ry'inganda zemerewe gukora hand sanitizer mu Rwanda. Nyuma yaho ngo hazakurikiranwa ko iyi miti icuruzwa , ikazacuruzwa n'ababifitiye uruhushya.


MBABAZI Dorothy



Nyirarukundo Beatha

Ahwiii.. Ni byiza ko bigiye ahagaragara. Byari byaratinze . Nigeze kubibaza umuntu nibwiraga ko afite aho yabigeza numva asa nkutazi ko bicuruzwa ku mihanda hose... Mugire vuba mudutabare Aug 08, 2020


Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Kuki Leta itarashe ku ntego yo gutuza abaturage ku Mudugudu muri iyi myaka 7?

Abatangabuhamya bagaragaje ko byabasabye kwishyura Nkunduwimye kugira ngo abahun

Nyarugenge: Abaturage batabaje ubuyobozi bijejejwe ubufasha

Perezida Kagame yasabye urubyiruko kudapfusha ubusa imyaka yabo

RCS igiye gufungura abantu bagera ku 2000 barangije ibihano

Nta bwoba bwo gukora ibintu bizima- Perezida Kagame abwira urubyiruko

Urubyiruko rw’Abakorerabushake rwizihije imyaka 10 y’ibikorwa byarwo

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Sénégal yatangiye uruzinduko rw&r