Yanditswe Sep, 11 2016 00:47 AM | 2,026 Views
Bamwe mu
bafite inganda z'imyenda ndetse n'abadozi barishimira ko bagiye gukurirwaho
imisoro y'ibikoresho batumiza hanze bityo ngo bizatuma igiciro cy'imyenda
kigabanuka. Ministeri y'ubucuruzi n'inganda ivuga ko iki cyemezo kizatangira
kubahirizwa mu kwezi kwa cumi uyu mwaka hagamijwe gushyigikira no guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda.
Buri mwaka
mu Rwanda hatangwaga agera kuri Miliyoni 160 z'amadolari kugirango hatumizwe
caguwa ziba zarakoreshejwe n'abandi. Leta y'u rwanda yifuza ko hatezwa imbere
inganda z'imyenda ziri imbere mu gihugu ari nayo mpamvu Ministeri y'ubucuruzi
n'inganda yagiranye ibiganiro n'abafite inganda z'imyenda n'inkweto, abatumiza
impu, abadozi n'abandi.
Ministri w'ubucuruzi n'inganda Francois KANIMBA avuga ko abatumiza ibikoresho hanze bagiye koroherezwa kugirango bongere ubwinshi n'ubwiza bw'ibikorerwa imbere mu gihugu.
Inganda
z'imyenda zahawe hegitari 5 mu gace kahariwe inganda KSEZ aho kuri ubu kimwe cya
kabiri cyamaze gufatwa. Mu Bugesera naho hari hegitari 15 zahariwe inganda
z'inkweto.
Rusizi: Ababyeyi b'Intwaza bashimye Igihugu cyabahurije hamwe ntibakomeza guheranwa n'agah ...
1 hour
Soma inkuru
Madamu Jeannette Kagame yagarutse ku mahitamo Abanyarwanda bafashe yo kongera kunga ubumwe
1 hour
Soma inkuru
MINECOFIN yatangaje ko harimo gusuzumwa uburyo bwo guhindura politiki yo kubaka inzu ziciriritse
3 hours
Soma inkuru
Kuki Leta itarashe ku ntego yo gutuza abaturage ku Mudugudu muri iyi myaka 7?
4 hours
Soma inkuru
Abatangabuhamya bagaragaje ko byabasabye kwishyura Nkunduwimye kugira ngo abahungishe muri Jenoside
4 hours
Soma inkuru
Nyarugenge: Abaturage batabaje ubuyobozi bijejejwe ubufasha
May 07, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasabye urubyiruko kudapfusha ubusa imyaka yabo
May 07, 2024
Soma inkuru
RCS igiye gufungura abantu bagera ku 2000 barangije ibihano
May 07, 2024
Soma inkuru