AGEZWEHO

  • Rusizi: Ababyeyi b'Intwaza bashimye Igihugu cyabahurije hamwe ntibakomeza guheranwa n'agahinda – Soma inkuru...
  • Madamu Jeannette Kagame yagarutse ku mahitamo Abanyarwanda bafashe yo kongera kunga ubumwe – Soma inkuru...

Imisoro ku bitumizwa hanze byifashishwa mu nganda igiye gukurwaho

Yanditswe Sep, 11 2016 00:47 AM | 2,026 Views



Bamwe mu bafite inganda z'imyenda ndetse n'abadozi barishimira ko bagiye gukurirwaho imisoro y'ibikoresho batumiza hanze bityo ngo bizatuma igiciro cy'imyenda kigabanuka. Ministeri y'ubucuruzi n'inganda ivuga ko iki cyemezo kizatangira kubahirizwa mu kwezi kwa cumi uyu mwaka hagamijwe gushyigikira no guteza  imbere ibikorerwa mu Rwanda.

Buri mwaka mu Rwanda hatangwaga agera kuri Miliyoni 160 z'amadolari kugirango hatumizwe caguwa ziba zarakoreshejwe n'abandi. Leta y'u rwanda yifuza ko hatezwa imbere inganda z'imyenda ziri imbere mu gihugu ari nayo mpamvu Ministeri y'ubucuruzi n'inganda yagiranye ibiganiro n'abafite inganda z'imyenda n'inkweto, abatumiza impu, abadozi n'abandi.

Ministri w'ubucuruzi n'inganda Francois KANIMBA avuga ko abatumiza ibikoresho hanze bagiye koroherezwa kugirango bongere ubwinshi n'ubwiza bw'ibikorerwa imbere mu gihugu.

Inganda z'imyenda zahawe hegitari 5 mu gace kahariwe inganda KSEZ aho kuri ubu kimwe cya kabiri cyamaze gufatwa. Mu Bugesera naho hari hegitari 15 zahariwe inganda z'inkweto.

Inkuru irambuye mu mashusho:




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Rusizi: Ababyeyi b'Intwaza bashimye Igihugu cyabahurije hamwe ntibakomeza g

Madamu Jeannette Kagame yagarutse ku mahitamo Abanyarwanda bafashe yo kongera ku

MINECOFIN yatangaje ko harimo gusuzumwa uburyo bwo guhindura politiki yo kubaka

Kuki Leta itarashe ku ntego yo gutuza abaturage ku Mudugudu muri iyi myaka 7?

Abatangabuhamya bagaragaje ko byabasabye kwishyura Nkunduwimye kugira ngo abahun

Nyarugenge: Abaturage batabaje ubuyobozi bijejejwe ubufasha

Perezida Kagame yasabye urubyiruko kudapfusha ubusa imyaka yabo

RCS igiye gufungura abantu bagera ku 2000 barangije ibihano