AGEZWEHO

  • Nyamasheke: Mu minsi ibiri abarwayi 1000 bamaze kuvurirwa ku bitaro bya Kibogora n'Ingabo z'u Rwanda – Soma inkuru...
  • Ibibazo biri mu Burasirazuba bwa RDC ntibizakemuka Leta igikorana na FDLR- Abasesenguzi – Soma inkuru...

Karongi: Gusura inzibutso za Jenoside ni umuti wo kurwanya ingengabitekerezo n’ibinyoma

Yanditswe Jul, 13 2023 15:31 PM | 22,324 Views



Bamwe mu baturage bo mu Ntara y’i Burengerazuba bavuga ko gusura inzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi ari bumwe mu buryo bwiza bwo kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside no kwigisha cyane cyane abakiri bato amateka yagejeje u Rwanda kuri Jenoside.

Babivuze ubwo basuraga urwibusto rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Bisesero mu Karere ka Karongi.

Uru rwibutso hamwe n’izindi nzibutso zo mu Karere ka Karongi zikunze gusurwa n’abaturutse hirya no hino mu gihugu n’ahandi ku Isi.

Abaturage barenga 90 baturutse mu Murenge wa Rusebeya mu Karere ka Rutsiro ni bamwe mu basuye Urwibutso rwa Bisesero kugira ngo basobanukirwe neza amateka yagejeje u Rwanda kuri Jenoside nk’uko bisobanurwa n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu Murenge BISANGABAGABO Sylvestre.

Gusobanukirwa aya mateka, abaturage bavuga ko ari umuti w’ikibazo cy’abagifite ingengabitekerezo ya Jenoside n’abandi bakitiranya ibintu.

Aha mbere ho kwigiramo ayo mateka, abaturage bavuga ko ari ku nzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi.

Kwigisha abakiri bato amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi ni umukoro Ministri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu Dr.BIZIMANA Jean Damascène yahaye ababyeyi n’abandi bantu bakuru, kugira ngo bifashe abo bakiri bato kubaka igihugu kizira Jenoside ukundi.

Mu Karere ka Karongi habarizwa inzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi zigera kuri 12 zose zisurwa n’ab’ibyiciro binyuranye.

Imibare igaragaza ko nk’urwibutso rwa Bisesero rusurwa n’abantu barenga ku bihumbi 10 ku mwaka.

Abasuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Bisesero basobanuriwe amateka ya Jenoside by'umwihariko ibyabereye mu Bisesero. Photo: RBA

Aphrodis MUHIRE




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ben Kayiranga yagaragaje uko Visit Rwanda yugururiye amarembo Abanyarwanda i Par

Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya

Abahanzi basaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennia

Art Rwanda Ubuhanzi yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2