AGEZWEHO

  • Rusizi: Ababyeyi b'Intwaza bashimye Igihugu cyabahurije hamwe ntibakomeza guheranwa n'agahinda – Soma inkuru...
  • Madamu Jeannette Kagame yagarutse ku mahitamo Abanyarwanda bafashe yo kongera kunga ubumwe – Soma inkuru...

Mu Rwanda hatangijwe mushinga ugamije guha ijambo abagore binyuze kuri murandasi

Yanditswe Oct, 15 2020 18:23 PM | 84,622 Views



Mu Rwanda hatangijwe umushinga wa "50 million African Women Speak Project". Ni umushinga ugamije guha ijambo abagore binyuze kuri murandasi ukorera mu bihugu 38. 

Umunyamabanga Mukuru Wungirije w'Umuryango wa Afurika y'Iburasirazuba Bwana Christophe Bazivamo asobanura ko uru rubuga ruje gufasha abagore gukora ubucuruzi bwambukiranya imipaka bikanabafasha gusangira amakuru n'ubunararibonye. 

Yashimangiye ko ibi bigiye korohereza abagore ba Afurika mu bucuruzi bityo iterambere ryabo rikarushaho kwihuta. 

Usibye ubucuruzi uru rubuga ruzafasha muri gahunda yo guhuza imipaka haranatekerezwa uko hahuzwa n'ifaranga. 

Icyo abagore basabwa ni ukongera ubumenyi mu ikoranabuhanga kugira ngo babashe kubyaza amahirwe uru rubuga. Ni urubuga rwari rumaze imyaka ibiri rutegurwa, igitekerezo cyo kurushyiraho kikaba cyarakomotse Ku byifuzo bya bamwe mu bagore bo hirya no hino muri Afurika, bahirimbanira ko umugore wa Afurika nawe atezwa imbere.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Rusizi: Ababyeyi b'Intwaza bashimye Igihugu cyabahurije hamwe ntibakomeza g

Madamu Jeannette Kagame yagarutse ku mahitamo Abanyarwanda bafashe yo kongera ku

MINECOFIN yatangaje ko harimo gusuzumwa uburyo bwo guhindura politiki yo kubaka

Kuki Leta itarashe ku ntego yo gutuza abaturage ku Mudugudu muri iyi myaka 7?

Abatangabuhamya bagaragaje ko byabasabye kwishyura Nkunduwimye kugira ngo abahun

Nyarugenge: Abaturage batabaje ubuyobozi bijejejwe ubufasha

Perezida Kagame yasabye urubyiruko kudapfusha ubusa imyaka yabo

RCS igiye gufungura abantu bagera ku 2000 barangije ibihano