AGEZWEHO

  • Kuki Leta itarashe ku ntego yo gutuza abaturage ku Mudugudu muri iyi myaka 7? – Soma inkuru...
  • Abatangabuhamya bagaragaje ko byabasabye kwishyura Nkunduwimye kugira ngo abahungishe muri Jenoside – Soma inkuru...

RGB na Transparency International bagiranye ibiganiro bijyanye no kurwanya ruswa

Yanditswe Dec, 08 2016 17:50 PM | 3,031 Views



Abakuriye inzego zirimo polisi y'igihugu, ikigo cy'igihugu cy'imiyoborere, RGB, urwego rw'umuvunyi n'umuryango transparency International Rwanda, bahuriye i Kigali mu nama nyunguranabitekerezo, ku gukumira no kurwanya ruswa. Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'ubutabera yahamagariye inzego zose kugira ubufatanye mu kurandura ruswa kugira ngo igihugu kizaragwe imiyoborere myiza na serivice bizira ruswa.

Raporo zitandukanye zishyira u Rwanda ku isonga mu kurwanya ruswa ugereranyije n'ibihugu byo mu karere ruherereyemo.

Nubwo Police y'u Rwanda ari urwego rushinzwe gukumira no kurwanya ruswa, hari aho bamwe mu bapolisi bagiye batungwa agatoki mu bijyanye na ruswa nk’uko bikubiye mu byegeranyo byakozwe n'urwego rw'umuvunyi ndetse n'umuryango urwanya ruswa Transparency International Rwanda.

Nk'uko bitangazwa n'umuyobozi mukuru ushinzwe ubushakashatsi mu kigo cy'imiyoborere, RGB, Dr. Nsengumukiza Felicien ngo urugamba rwo kurwanya ruswa ruza ku mwanya wa 2 nyuma y’urwo kubungabunga umutekano, ariko ngo nta kwirara ahubwo ni uguhozaho ubukangurambaga kugirango ruswa icike.

Kugirango ruswa irandurwe burundu, birasaba ubufatanye bw'inzego zose kugira ngo zirangwe no gutanga servise nziza.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Kuki Leta itarashe ku ntego yo gutuza abaturage ku Mudugudu muri iyi myaka 7?

Abatangabuhamya bagaragaje ko byabasabye kwishyura Nkunduwimye kugira ngo abahun

Nyarugenge: Abaturage batabaje ubuyobozi bijejejwe ubufasha

Perezida Kagame yasabye urubyiruko kudapfusha ubusa imyaka yabo

RCS igiye gufungura abantu bagera ku 2000 barangije ibihano

Nta bwoba bwo gukora ibintu bizima- Perezida Kagame abwira urubyiruko

Urubyiruko rw’Abakorerabushake rwizihije imyaka 10 y’ibikorwa byarwo

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Sénégal yatangiye uruzinduko rw&r