AGEZWEHO

  • Perezida Kagame yakiriye Intumwa z’Inteko Ishinga Amategeko y’u Budage – Soma inkuru...
  • Nta gahunda ihari yo kubaka ibiro by’Uturere bishaje- Guverineri Dushimimana – Soma inkuru...

KSEZ:Kubura amashanyarazi ahendutse n'amazi ni bimwe mu bibazo byugarije inganda

Yanditswe Jan, 04 2018 22:22 PM | 4,084 Views



Minisitiri w'inganda n'ubucuruzi aratangaza ko hari politiki irimo gutegurwa irebana no kwita ku gace kahariwe inganda ka Kigali, ku buryo ikiguzi cyabyo kitabazwa gusa abahakorera. Ibi arabitangaza mu gihe abahafite inganda bemeza ko amafaranga bari basabwe mbere angana na miliyoni 15 buri mwaka kuri buri ruganda yari menshi ku buryo yari kugira ingaruka ku biciro by'ibyo bakora.

Uruganda rukora imyenda rukanayohereza mu mahanga rwa C&H Garment, rwishyura amafaranga ari hagati ya miliyini 4 n'eshanu buri kwezi rwishyura umuriro w'amashanyarazi rukoresha.

Ku rundi ruhande aha mu gace kahariwe inganda ka Kigali Special Economic Zone, havugwa n'ikibazo cy'amazi, nacyo kibangamiye abahakorera. 

Uretse ibi bibazo, aba banyenganda bari basabwe kujya batanga miliyoni 15 ku mwaka kuri buri ruganda yo gufasha mu kwita ku bikorwa remezo biri muri aka gace.

Ibi bibazo abadepite bagize komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu nteko ishinga amategeko babiganiriyeho na minisitiri w'ubucuruzi n'inganda Vincent Munyeshyaka asobanura ko hari inzira birimo gusuzumwamo. 

Abadepite bagize iyi komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi nyuma yo gusura inganda hirya no hino mu gihugu, basanze zifite ibibazo birimo n'ibikoresho by'ibanze (raw materials), ndetse abakozi ba zimwe mu nganda bagaragaza ko badafatwa neza mu kazi, ikintu iyi komisiyo ivuga ko izaganira n'inzego zibishinzwe.

Inkuru mu mashusho:




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Nta gahunda ihari yo kubaka ibiro by’Uturere bishaje- Guverineri Dushimima

Gakenke: Inkangu zishobora gusenya igice cy’umuhanda kuri Buranga

Gen Mahamat Idriss Déby yatorewe kuyobora Tchad

FERWAFA igiye guhemba abakinnyi n’abatoza bitwaye neza muri Werurwe na Mat

Haracyari ibibazo bishingiye ku mateka ariko byose birushwa imbaraga n’iby

Gen Mubarakh Muganga yasabye abasirikare basoje amasomo ku binyabiziga kwirinda

Rusizi: Abasenateri basuzumye ibikorwa mu guteza imbere imikorere ishingiye ku m

Rusizi: Ababyeyi b'Intwaza bashimye Igihugu cyabahurije hamwe ntibakomeza g