Yanditswe Nov, 23 2017 20:08 PM | 6,390 Views
Polisi y'u Rwanda itangaza ko nibura umuntu umwe apfa ku munsi azize impanuka zo mu muhanda, igasaba abatwara ibinyabiziga n'abanyamaguru kubahiriza amategeko y'umuhanda. Ubu polisi iri mu bikorwa by'ubukangurambaga mu gihugu hose isaba abakoresha umuhanda kwitwararika ibishobora guteza impanuka.
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda CGP Emmanuel Gasana hamwe n'itsinda ry'abapolisi bazindukiye i Rugende mu karere ka Gasabo aho basobanuriraga abagenzi n'abari batwaye imodoka zaturukaga i Burasirazuba, n'izaturukaga mu mujyi wa Kigali ingaruka zo kutubahiriza amategeko y'umuhanda. Yagize ati, ''Bamwe muri mwebwe babirengaho ugasanga akoze impanuka yishe abantu abandi barakomereka bakaba ibimuga ndetse n'ibikoresho nk'izi modoka zanyu zikangirika, birababaje kubura ubuzima kubera uburangare cyangwa umuchauffeur udafite ibyangombwa cyangwa wasinze.''
Abatwara ibinyabiziga bishimiye iki gikorwa cya Polisi bavuga ko cyongeye kubahwitura ku nshingano zabo zo gutwara ibinyabiziga neza bubahiriza amategeko agenga umuhanda.
Umuyobozi
Mukuru wa Polisi wungirije ushinzwe ibikorwa CP Dan Munyuza we yari kuri stade
amahoro aho yibukije abamotari kubahiriza amategeko y'umuhanda, dore ko baza ku
mwanya wa kabiri mu bateza impanuka nyuma y'abanyamaguru.
Uva i Kigali ugana i Musanze mu majyaruguru y'igihugu, Umuyobozi Mukuru wa polisi wungirije ushinzwe ubuyobozi n'abakozi CP Juvenal Marizamunda we niho yaganiriye n'abatwara ibinyabiziga ndetse n'abanyamaguru yongera kubibutsa ko umutekano wo mu muhanda ari inshingano ya buri wese.
I Burengerazuba, Amajyaruguru, Amajyepfo ndetse no mu mujyi wa
Kigali, Polisi y'u Rwanda yari mu mihanda iganiriza abatwara ibinyabiziga
n'abanyamaguru ku mutekano wo mu muhanda n'uburyo bwo guhuza ubufatanye mu
gukumira impanuka zikomeje guhitana ubuzima bw'abantu.
Imibare yatangajwe mu kwezi gushize na Polisi ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, igaragaza ko mu mezi icyenda ya mbere y'uyu mwaka, habaye impanuka zigera ku 2.607, zitwara ubuzima bw'abagera ku 177 naho abagera kuri 345 bazikomerekeramo. Igiteye impungenge kurushaho ni uko ngo abagera ku 116, ni ukuvuga 66% by'abaguye muri izi mpanuka bari kuri moto, naho 44 bangana na 27% bari mu modoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange.
Nyarugenge: Abaturage batabaje ubuyobozi bijejejwe ubufasha
May 07, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasabye urubyiruko kudapfusha ubusa imyaka yabo
May 07, 2024
Soma inkuru
RCS igiye gufungura abantu bagera ku 2000 barangije ibihano
May 07, 2024
Soma inkuru
Nta bwoba bwo gukora ibintu bizima- Perezida Kagame abwira urubyiruko
May 07, 2024
Soma inkuru
Urubyiruko rw’Abakorerabushake rwizihije imyaka 10 y’ibikorwa byarwo
May 07, 2024
Soma inkuru
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Sénégal yatangiye uruzinduko rw’akazi mu Rwanda ...
May 06, 2024
Soma inkuru
Abadepite bemeje ishingiro ry'umushinga w'itegeko ryemerera abanyamahanga kuba abakozi ba ...
May 06, 2024
Soma inkuru
Ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique zagabye ibitero ku byihebe mu Ntara ya Nampula
May 05, 2024
Soma inkuru