AGEZWEHO

  • Nyarugenge: Abaturage batabaje ubuyobozi bijejejwe ubufasha – Soma inkuru...
  • Perezida Kagame yasabye urubyiruko kudapfusha ubusa imyaka yabo – Soma inkuru...

Abakuru b’ibihugu bya EAC bashimangiye inzira ya politike nk'umuti w'ikibazo cy'umutekano muke muri Congo

Yanditswe Nov, 08 2022 16:27 PM | 89,043 Views



Abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasurazuba bashimangiye ko igisubizo cya Politiki ari wo muti rukumbi w’ibibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubilika Iharanira Demukarasi ya Congo.

Abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afrika y’Iburasirazuba basabye ko ubushyamirane buhita buhagarara muri Kivu y’Amajyaruguru. Uyu ni umwe mu myanzuro 17 yavuye mu nama yabahurije mu Misiri, aho bavuze ko ibyo bigamije guha amahirwe ibiganiro bya Politiki bizabera i Nairobi muri Kenya ku wa 16 Ugushyingo 2022, nyuma yo gusesengura uko ibintu byifashe mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demukrasi ya Congo.

Aba bakuru b’ibihugu bashimangiye ko igisubizo cya Politiki ari yo nzira rukumbi irambye ku kibazo cy’umutekano muke Burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demukarasi ya Kongo maze biyemeza kudatezuka kuri iyo ntego.

Nk'uko bikubiye mu itangazo ry’imyanzuro, baciye akarongo ku ngingo ivuga  ko ibiganiro bya Politiki bigizwemo uruhare n’abarebwa n’ikibazo bose ari ikintu gikenewe cyane maze  biyemeza gushyiraho umujyanama mu bya tekiniti uturutse muri buri gihugu kigize uyu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, mu rwego rwo gufasha mu ishyirwa mu bikorwa ry’ingamba zo kugarura amahoro.

Bashimye ibihugu bya Uganda, Kenya, u Burundi na Tanzania ku musanzu wabyo mu gushyiraho ikigega cyihariye hagamijwe gushyira mu bikorwa ingamba zashyizweho zo kugarura amahoro n’umutekano mu Burasirazuba bwa Congo, basaba ibihugu byose bigize uyu muryango gushyigikira iki kigega mu buryo burambye.

Kuva umutwe wa M23 wakubura imirwano, Leta ya Repubulika Iharanira Demukarsi ya Congo yakomeje gushinja u Rwanda kuyigabaho ibitero mu gihe u Rwanda narwo rwashinje iki gihugu gukorana n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR ugizwe n’abasize bahekuye u Rwanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’ibindi bikorwa by’ubushotoranyi yarangiza ikitana bamwana yirengagije umuzi w’ikibazo cy’umutekano muke mu burasirazuba bw'iki gihugu.



Jean Pierre KAGABO



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Nyarugenge: Abaturage batabaje ubuyobozi bijejejwe ubufasha

Perezida Kagame yasabye urubyiruko kudapfusha ubusa imyaka yabo

RCS igiye gufungura abantu bagera ku 2000 barangije ibihano

Nta bwoba bwo gukora ibintu bizima- Perezida Kagame abwira urubyiruko

Urubyiruko rw’Abakorerabushake rwizihije imyaka 10 y’ibikorwa byarwo

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Sénégal yatangiye uruzinduko rw&r

Abadepite bemeje ishingiro ry'umushinga w'itegeko ryemerera abanyamaha

Ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique zagabye ibitero ku byihebe mu Nta