AGEZWEHO

  • Jimmy Gatete ari kwandika igitabo kivuga ku buzima bwe ‘butazwi’ – Soma inkuru...
  • Nyarugenge: Abaturage batabaje ubuyobozi bijejejwe ubufasha – Soma inkuru...

Angola yashimye umuhate urimo gushyirwa mu biganiro byo kugarura amahoro muri RDC

Yanditswe Jun, 03 2023 20:21 PM | 47,754 Views



Perezida wa Angola, João Lourenço yashimye inzego zitandukanye ku muhate n'imbaraga zirimo gushyira mu biganiro bigamije kugarura amahoro mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ibi yabigarutseho mu nama y’abahagarariye ibihugu byabo mu Muryango w’Akarere k’Ibiyaga bigari (ICGLR) yabereye i Luanda muri Angola.

Ni inama yanitabiriwe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente.

Perezida wa Angola João Lourenço niwe wayoboye iyi nama idasanzwe ya ICGLR ku mahoro n’umutekano muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo na Sudan.

Ku bijyanye n’ikibazo cy’imitwe yitwaje intwaro yiganje mu burasirazuba bwa Kongo Perezida wa Angola João Lourenço yavuze ko gahunda yo guhagarika imirwano yagezweho nk’uko byari byumvikanyweho n’ubwo hakiri ibibazo bimwe na bimwe bigiteza umutekano mucye bikigaragara mu gihe ibiganiro bikomeje.

Perezida wa Angola yashimangiye ko hakwiye kongerwa imbaraga muri gahunda zigamije guha umutekano abaturage bo mu Burasirazuba bwa Kongo umutwe wa M23 uvuga ko urwanirira.

João Lourenço yashimye umwanzuro wafashwe na SADC wo kohereza ingabo mu Burasirazuba bwa Kongo nk’igisubizo ku mahoro n’umutekano ku butaka bwa Kongo.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Nyarugenge: Abaturage batabaje ubuyobozi bijejejwe ubufasha

Perezida Kagame yasabye urubyiruko kudapfusha ubusa imyaka yabo

RCS igiye gufungura abantu bagera ku 2000 barangije ibihano

Nta bwoba bwo gukora ibintu bizima- Perezida Kagame abwira urubyiruko

Urubyiruko rw’Abakorerabushake rwizihije imyaka 10 y’ibikorwa byarwo

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Sénégal yatangiye uruzinduko rw&r

Abadepite bemeje ishingiro ry'umushinga w'itegeko ryemerera abanyamaha

Ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique zagabye ibitero ku byihebe mu Nta