Yanditswe Jul, 08 2019 14:19 PM | 8,928 Views
Hirya no hino mu gihugu abaturage
bakomeje kugaragaza ko hari ikibazo cy'udukoko bita inda zo mu biti zibateza
igihombo bakibaza niba nta muti urambye wari wabonerwa ubu burwayi.
Ababishinzwe bizeza ko hari imbuto nshya zigiye kugeragezwa zitezweho
kuzahangana n'iyi ndwara
Abaturage bavuga ko utu dusimba bita inda turya amababi y'inturusu bigatuma igiti kidakomeza gukura nk'uko bisanzwe, aho abashaka gutanga amashyamba ho ingwate muri banki bibabera ikibazo gikomeye.
Guverineri w'Intara y'Amajyaruguru Gatabazi Jean Marie Vianney avuga ko iki ari ikibazo kigaragara cyane mu mashyamba amaze gukura ku buryo ibi biti biba bitagifite intege zo gukurura amazi bitewe nuko ari ibiti bimaze igihe kirekire. Avuga ko igisubizo kiri mu gusazura amashyamba ndetse no gushaka imbuto nshya.
Mu gukemura iki kibazo hatangiye kugeragezwa imbuto nshya y'ibiti by'inturusu yo mu bwoko bwa THAUMASTOCORIS idafatwa n'izo nda. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'umurenge wa Rusiga avuga ko ho bamaze gutera iyi mbuto kuri hectari 20 zizakwirakwizwa mu baturage.
Umuyobozi Mukuru w'Ikigo Gishinzwe gucunga no guteza imbere amazi n'amashyamba, Prime Ngabonziza avuga ko iki cyari ikibazo gikomeye mu bihe byashize akavuga ko kimaze kugabanya umurego bitewe nuko hari ibyakozwe birimo guca imiringoti kugirango ibiti bibone amazi.
Gusa ariko yemeza ko mu mbuto zigera ku 180 z'inturusu, basanze mu Rwanda izishobora kuhihanganira ari ubwoko 5 gusa ku buryo arizo mbuto zizashyirwamo imbaraga mu kuzikwirakwiza.
Ibiti by'inturusu bimaze imyaka isaga 100 mu Rwanda bikaba biteye ku buso bungana na 80%. Izi nda zivugwa muri ibi biti zatangiye kugaragara muri 2013.
Bosco KWIZERA
Nyarugenge: Abaturage batabaje ubuyobozi bijejejwe ubufasha
May 07, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasabye urubyiruko kudapfusha ubusa imyaka yabo
May 07, 2024
Soma inkuru
RCS igiye gufungura abantu bagera ku 2000 barangije ibihano
May 07, 2024
Soma inkuru
Nta bwoba bwo gukora ibintu bizima- Perezida Kagame abwira urubyiruko
May 07, 2024
Soma inkuru
Urubyiruko rw’Abakorerabushake rwizihije imyaka 10 y’ibikorwa byarwo
May 07, 2024
Soma inkuru
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Sénégal yatangiye uruzinduko rw’akazi mu Rwanda ...
May 06, 2024
Soma inkuru
Abadepite bemeje ishingiro ry'umushinga w'itegeko ryemerera abanyamahanga kuba abakozi ba ...
May 06, 2024
Soma inkuru
Ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique zagabye ibitero ku byihebe mu Ntara ya Nampula
May 05, 2024
Soma inkuru