AGEZWEHO

  • Rayon Sports y’Abagore yegukanye Igikombe cy’Amahoro cya 2023/24 (Amafoto) – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente yitabiriye inama ya Banki y'Isi yiga ku iterambere rya Afurika – Soma inkuru...

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga

Yanditswe Apr, 17 2024 15:25 PM | 132,708 Views



Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, NEC, yashyizeho uburyo umuntu ashobora kureba ko ari kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga.

Ni uburyo kandi bushobora gufasha umuntu kuba yakwiyimura bigendeye ku hantu yari yarahisemo kuzatorera ariko akaba ashaka guhindura ku mpamvu zitandukanye.

Byakozwe hagamijwe kwitegura amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite ateganyijwe muri Nyakanga 2024.

Kuri ubu NEC irimo kuvugurura lisiti y’itora, aho Abanyarwanda bose bagejeje imyaka yo gutora (ni ukuvuga abavutse mbere ya 2006) bahamagariwe kureba ko bari kuri lisiti y’itora cyangwa aho banditse ko bazatorera ariho koko bazatorera.

Itangazo rya NEC ryo ku wa 16 Mata 2024, rigira riti ‘‘By’umwihariko abantu bimutse aho batoreraga barasabwa kwihutira kwiyandikisha aho ilisiti ikosorerwa kugira ngo babashe kwimurwa aho bifuza kuzatorera cyangwa bakiyimura bakoresheje telefone.’’

Ku bantu bafite telefone ngendanwa, bakanda *169# ubundi bagakurikiza amabwiriza, aho bareba aho bazatorera, bityo bakaba bashobora no guhitamo kwiyimura.

Abanyeshuri biga bacumbitse mu bigo bafite imyaka yo gutora bazaba bari mu mashuri mu gihe cy’itora bo baziyandikisha kuri lisiti y’umudugudu ikigo cy’ishuri giherereyemo ari naho bazatorera muri Nyakanga 2024.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ben Kayiranga yagaragaje uko Visit Rwanda yugururiye amarembo Abanyarwanda i Par

Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya

Abahanzi basaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennia

Art Rwanda Ubuhanzi yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2