AGEZWEHO

  • Nyarugenge: Abaturage batabaje ubuyobozi bijejejwe ubufasha – Soma inkuru...
  • Perezida Kagame yasabye urubyiruko kudapfusha ubusa imyaka yabo – Soma inkuru...

Nyabihu:Ababyeyi batewe impungenge n'ikibazo cy'amashanyarazi n'umuhanda udakoze

Yanditswe Mar, 23 2016 10:41 AM | 2,648 Views



Abagana ikigo nderabuzima cya Nyakiriba giherereye mu Kagali Tyazo mu murenge wa Rugera mu Karere ka Nyabihu, bemeza ko kutagira umuhanda ukoze neza bishyira ubuzima bwabo mu kaga. Nkuko babivuga,  iyo babohereje ku bitaro bya Shyira ngo bibasaba gukora urugendo rw’amaguru rugera hafi kw’isaha imwe, bahetse abarwayi ku ngombyi. Uretse ibyo ubuyobozi bw’iki kigo ngo bunafite kandi ikibazo  cy’ibikoresho n’inyubako nto y’aho babyariza ‘’ Maternité’’  ibi bigatumba badatanga service nziza kubabagana nkuko babyifuza.

Kubw’icyo kibazo cy’umuhanda, ngo kugeza imiti kuri icyo kigo nderabuzima birarushya. Ngo bisaba gushaka abayikorera ku mutwe, bigatuma imwe ipfa, uretse ibyo kandi, ngo kuba iki kigo kitagira uruzitiro no kuba gikunze kubura amashanyarazi ngo bibangamira abakigana.

Iki kibazo cy’amashyanyarazi ngo giterwa ahanini n’uko imirasire y’izuba bakoresho ikunda kubatenguha bitewe ahanini n’uko ari mu gace gakonja cyane karangwa n’imvura.

Ikigo nderabuzima cya Nyakiriba kimaze imyaka isaga 30, kuko cyubatswe mu 1986. Ku munsi cyakira abarwayi bari hagati ya 45 na 60, kikaba gifite abaforomo 11 harimo n’umuyobozi wacyo.

Tubafitiye inkuru irambuye:




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Nyarugenge: Abaturage batabaje ubuyobozi bijejejwe ubufasha

Perezida Kagame yasabye urubyiruko kudapfusha ubusa imyaka yabo

RCS igiye gufungura abantu bagera ku 2000 barangije ibihano

Nta bwoba bwo gukora ibintu bizima- Perezida Kagame abwira urubyiruko

Urubyiruko rw’Abakorerabushake rwizihije imyaka 10 y’ibikorwa byarwo

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Sénégal yatangiye uruzinduko rw&r

Abadepite bemeje ishingiro ry'umushinga w'itegeko ryemerera abanyamaha

Ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique zagabye ibitero ku byihebe mu Nta