Yanditswe Mar, 23 2016 10:41 AM | 2,648 Views
Abagana
ikigo nderabuzima cya Nyakiriba giherereye mu Kagali Tyazo mu murenge wa Rugera mu Karere ka
Nyabihu, bemeza ko kutagira umuhanda ukoze neza bishyira ubuzima bwabo mu kaga.
Nkuko babivuga, iyo babohereje ku bitaro
bya Shyira ngo bibasaba gukora urugendo rw’amaguru rugera hafi kw’isaha imwe, bahetse
abarwayi ku ngombyi. Uretse ibyo ubuyobozi bw’iki kigo ngo bunafite kandi
ikibazo cy’ibikoresho n’inyubako nto y’aho
babyariza ‘’ Maternité’’ ibi bigatumba
badatanga service nziza kubabagana nkuko babyifuza.
Kubw’icyo kibazo cy’umuhanda, ngo kugeza imiti kuri icyo kigo nderabuzima birarushya. Ngo bisaba gushaka abayikorera ku mutwe, bigatuma imwe ipfa, uretse ibyo kandi, ngo kuba iki kigo kitagira uruzitiro no kuba gikunze kubura amashanyarazi ngo bibangamira abakigana.
Iki
kibazo cy’amashyanyarazi ngo giterwa ahanini n’uko imirasire y’izuba bakoresho ikunda
kubatenguha bitewe ahanini n’uko ari mu gace gakonja cyane karangwa n’imvura.
Ikigo nderabuzima cya Nyakiriba kimaze imyaka isaga 30, kuko cyubatswe mu 1986. Ku munsi cyakira abarwayi bari hagati ya 45 na 60, kikaba gifite abaforomo 11 harimo n’umuyobozi wacyo.
Tubafitiye inkuru irambuye:
Nyarugenge: Abaturage batabaje ubuyobozi bijejejwe ubufasha
4 hours
Soma inkuru
Perezida Kagame yasabye urubyiruko kudapfusha ubusa imyaka yabo
5 hours
Soma inkuru
RCS igiye gufungura abantu bagera ku 2000 barangije ibihano
May 07, 2024
Soma inkuru
Nta bwoba bwo gukora ibintu bizima- Perezida Kagame abwira urubyiruko
May 07, 2024
Soma inkuru
Urubyiruko rw’Abakorerabushake rwizihije imyaka 10 y’ibikorwa byarwo
May 07, 2024
Soma inkuru
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Sénégal yatangiye uruzinduko rw’akazi mu Rwanda ...
May 06, 2024
Soma inkuru
Abadepite bemeje ishingiro ry'umushinga w'itegeko ryemerera abanyamahanga kuba abakozi ba ...
May 06, 2024
Soma inkuru
Ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique zagabye ibitero ku byihebe mu Ntara ya Nampula
May 05, 2024
Soma inkuru