Yanditswe Aug, 03 2019 10:26 AM | 9,841 Views
Minisitiri w’Uburezi, Dr Mutimura Eugene arasaba imikoranire hagati y’abayobozi n’ abayoborwa mu rwego rwo kwihutisha ibikorwa bitandukanye byo guteza imbere imyigire n’imyigishirize mu mashuri.
Ibi yabivuze ubwo yatangizaga umwiherero w’iminsi ibiri uhurije hamwe Minisiteri y’Uburezi n’ibigo biyishamikiyeho.
Muri uyu mwiherero abayobozi bararebera hamwe ishyirwa mu bikorwa byaza gahunda zitandukanye zigamije guteza imbere uburezi mu Rwanda hanarebwa imishinga itandukanye ibarizwa mu bigo bishamikiye kuri MINEDUC hagasesengurwa imbogamizi zikigaragara.
Abahagarariye ibigo bishamikiye kuri MINEDUC baragaragaza zimwe mu mbogamizi bagihuranazo mu rwego rwoguteza imbere uburezi bagasanga uyu mwiherero ugiye kubafasha gusesengura ikibazo ku kindi buri wese areba uruharerwe rwo kugira icyo ahindura.
Muri uyu mwiherero w’aba bayobozi hitezwemo imbaraga zo gufata ibyemezo ku bibazo n’inzitizi zikigaragara mu rwego rwo kwihutisha iy’imishinga.
Uyu mwiherero w’iminsi ibiri uhurije hamwe abayobozi bakuru ku rwego rwa Minisiteri y’Uburezi watangiye kuri uyu wa gatanu ukazasoza kuri uyu wa gatandatu ahazafatwa imyanzuro inyuranye.
NGOGA Julius
Nyarugenge: Abaturage batabaje ubuyobozi bijejejwe ubufasha
May 07, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasabye urubyiruko kudapfusha ubusa imyaka yabo
May 07, 2024
Soma inkuru
RCS igiye gufungura abantu bagera ku 2000 barangije ibihano
May 07, 2024
Soma inkuru
Nta bwoba bwo gukora ibintu bizima- Perezida Kagame abwira urubyiruko
May 07, 2024
Soma inkuru
Urubyiruko rw’Abakorerabushake rwizihije imyaka 10 y’ibikorwa byarwo
May 07, 2024
Soma inkuru
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Sénégal yatangiye uruzinduko rw’akazi mu Rwanda ...
May 06, 2024
Soma inkuru
Abadepite bemeje ishingiro ry'umushinga w'itegeko ryemerera abanyamahanga kuba abakozi ba ...
May 06, 2024
Soma inkuru
Ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique zagabye ibitero ku byihebe mu Ntara ya Nampula
May 05, 2024
Soma inkuru