AGEZWEHO

  • Nyarugenge: Abaturage batabaje ubuyobozi bijejejwe ubufasha – Soma inkuru...
  • Perezida Kagame yasabye urubyiruko kudapfusha ubusa imyaka yabo – Soma inkuru...

MINEDUC n’ibigo biyishamikiyeho mu mwiherero wiga ku bibazo biri mu burezi

Yanditswe Aug, 03 2019 10:26 AM | 9,841 Views



Minisitiri  w’Uburezi, Dr Mutimura Eugene  arasaba imikoranire hagati y’abayobozi n’ abayoborwa mu rwego rwo kwihutisha ibikorwa bitandukanye byo guteza imbere imyigire n’imyigishirize mu mashuri.

Ibi yabivuze ubwo yatangizaga umwiherero w’iminsi ibiri uhurije hamwe Minisiteri y’Uburezi n’ibigo biyishamikiyeho.


Muri uyu mwiherero abayobozi bararebera hamwe ishyirwa mu bikorwa byaza gahunda zitandukanye zigamije guteza imbere uburezi mu Rwanda hanarebwa imishinga itandukanye ibarizwa mu bigo bishamikiye kuri MINEDUC hagasesengurwa imbogamizi zikigaragara.

Abahagarariye ibigo bishamikiye kuri MINEDUC baragaragaza zimwe mu mbogamizi bagihuranazo mu rwego rwoguteza imbere uburezi bagasanga uyu mwiherero ugiye kubafasha gusesengura ikibazo ku kindi buri wese areba uruharerwe rwo kugira icyo ahindura.

Muri uyu mwiherero w’aba bayobozi hitezwemo imbaraga zo gufata ibyemezo ku bibazo n’inzitizi  zikigaragara  mu rwego rwo kwihutisha iy’imishinga.

Uyu mwiherero w’iminsi ibiri uhurije hamwe abayobozi bakuru ku rwego rwa Minisiteri y’Uburezi watangiye kuri uyu wa gatanu ukazasoza kuri uyu wa gatandatu ahazafatwa imyanzuro inyuranye.

NGOGA Julius



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Nyarugenge: Abaturage batabaje ubuyobozi bijejejwe ubufasha

Perezida Kagame yasabye urubyiruko kudapfusha ubusa imyaka yabo

RCS igiye gufungura abantu bagera ku 2000 barangije ibihano

Nta bwoba bwo gukora ibintu bizima- Perezida Kagame abwira urubyiruko

Urubyiruko rw’Abakorerabushake rwizihije imyaka 10 y’ibikorwa byarwo

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Sénégal yatangiye uruzinduko rw&r

Abadepite bemeje ishingiro ry'umushinga w'itegeko ryemerera abanyamaha

Ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique zagabye ibitero ku byihebe mu Nta