Yanditswe Sep, 27 2022 16:33 PM | 79,019 Views
Mnisiteri y'Ubuzima iravuga ko irimo gukurikiranira hafi niba imiti yifashishwa mu kuvura Malariya yaba itakiyishoboye, kugira ngo hagire igikorwa mu maguru mashya.
Ibi biravugwa mu gihe abashakashatsi ku ndwara ziterwa n’imibu muri Afurika, bari mu nama y'iminsi 3 i Kigali biga uko bazica burundu.
Ku rwego rw'isi, abantu basaga miliyoni 241 barwaye malariya mu mwaka ushize wa 2021, abasaga ibihumbi 700 bo bishwe nayo mu 2020 nk’uko raporo kuri malaria y’ishami rya loni ryita ku buzima OMS ibigaragaza.
Ibihugu 6 ubwabyo byihariye 55% by'abayirwaye bose ku rwego rw'isi birimo Nigeria, Republika iharanira demokarasi ya Congo, Uganda, Mozambique, Angola, Burkina Faso.
Muri uku kwezi kwa Nzeri mu Rwanda abaturage bahawe inzitiramibu zikoranye umuti nyuma y'igihe bagaragaza ko izo bari bafite zari zarashaje ndetse n'imibu yinjiramo ikabarya bigatuma barwara marariya nkuko abajyyanama b'ubuzima n'abaturage babisobanura.
Mu nama y'iminsi 3 irimo kubera i Kigali ihuje abashakashatsi banyuranye bo ku mugabane wa Afurika, bemeza ko guca imibu muri Afurika bishoboka nk’uko bisobanurwa n'Umuyobozi w’ishyirahamwe nyafrika riharanira kurwanya imibu, Prof. Charles Mbogo.
Yagize ati "Muri Brazil mu 1973 batewe n'imibu itera malariya yari ivuye muri Afurika kandi bashoboye guca burundu iyo ndwara muri Brazil yose Kubera iki? kubera ko bakoresheje uburyo bwo kwica amagi yayo. Muri Amerika naho bakurikirana aho yororokera ndetse no muri ibyo bihe by'intambara ya 2 y'isi bakoresheje umuti uzwi nka DDT mbere y’uko ucibwa. Ariko wibaze impamvu bakoresheje DDT muri Amerika, mu Burayi ariko byaza muri Afurika bakavuga bati oya, nitwe tugomba kwikemurira ibibazo byacu, ibibazo bya Afurika bigomba gukemurwa n'ibisubizo byacu."
Prof. Sheila Tlou, umwe mu bashakashatsi bitabiriye iyi nama akaba ari nawe uyoboye ihuriro ry'abayobozi mu kurwanya malariya avuga ko guca iyi mibu byashoboka abashakashatsi baramutse bishyize hamwe.
Kugeza ubu inzego z'ubuzima mu Rwanda zirimo gukurikiranira hafi ibjyanye n'imiti ivura malariya niba irimo guhangarwa n'iterwa n’imibu mjuri iki gihe ku buryo hagira igikorwa hakiri kare nk’uko Minisitiri w'Ubuzima, Dr. Daniel Ngamije yabitangaje.
Muri 2016 mu Rwanda nibwo indwara ya malariya yiyongereye mu buryo bukabije kuko hagaragaye abarwayi bayo bagera kuri 4,800,000 muri icyo gihe kandi abagera ku 18,000 bari bafite malariya y'igikatu ndetse abagera kuri 700 bahitanwa nayo.
Bosco Kwizera
Nyarugenge: Abaturage batabaje ubuyobozi bijejejwe ubufasha
May 07, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasabye urubyiruko kudapfusha ubusa imyaka yabo
May 07, 2024
Soma inkuru
RCS igiye gufungura abantu bagera ku 2000 barangije ibihano
May 07, 2024
Soma inkuru
Nta bwoba bwo gukora ibintu bizima- Perezida Kagame abwira urubyiruko
May 07, 2024
Soma inkuru
Urubyiruko rw’Abakorerabushake rwizihije imyaka 10 y’ibikorwa byarwo
May 07, 2024
Soma inkuru
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Sénégal yatangiye uruzinduko rw’akazi mu Rwanda ...
May 06, 2024
Soma inkuru
Abadepite bemeje ishingiro ry'umushinga w'itegeko ryemerera abanyamahanga kuba abakozi ba ...
May 06, 2024
Soma inkuru
Ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique zagabye ibitero ku byihebe mu Ntara ya Nampula
May 05, 2024
Soma inkuru