Yanditswe Oct, 22 2018 22:05 PM | 18,956 Views
Perezida wa Republika Paul Kagame akaba n’umuyobozi w’umuryango w’afrika yunze ubumwe watangije ku mugaragaro imirimo y'inama ya mbere y'inteko nyafurika ishinga amategeko, yibukije abayigize ko ari bo Abanyafrika babahanze amaso kugirango bagire uruhare mu kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry'amasezerano agamije kuzamura imibereho yabo ikarushaho kuba myiza.
Atangiza ku mugaragaro imirimo y'iyi nama Perezida KAGAME yifurije ikaze mu murwa
mukuru Kigali, agaragaza ko u Rwanda rutewe ishema no kuba rwakiriye imirimo
y'iyi nama hanze y'icyicaro cy'inteko ya Pan African Parliament, ubusanzwe kiri
i Johannesburg muri Afrika Yepfo.
Umukuru w'igihugu akaba n'umuyobozi w'umuryango wa Afrika yunze ubumwe washimiye inteko nyafurika akazi keza ikorera umugabane, maze asaba abadepite bayigize kurushaho kugira uruhare rugaragara mu kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry'amasezerano agamije kwishyira hamwe kwa Afrika
Perezida Paul KAGAME yibukije ko kugeza Afrika ku mutekano n'ubukungu bisesuye biri mu biganza by'abanyafrika ubwabo, ashimangira ko imiyoborere myiza no guhanga ibishya bisanzwe mu muco ukungahaye Afrika ifite gusa avuga ko ibyo bidasobanuye guheza ibitekerezo bizima byava ahandi ku Isi. Aha ni naho umukuru w'igihugu yahereye, maze ahamagarira abagize inteko nyafrika kudacogora kwibutsa abayobozi b'ibihugu byabo kugeza ku baturage ibyo baba barabemereye.
Roger NKONDO Dang, perezida w'inteko nyafrika PAP, yagaragaje ko iyi
nama ari iy'amateka kubera ko mu myaka 14 inteko nyafrika igiyeho, ari bwo bwa
mbere yakiriye umuyobozi w'umuryango wa Afrika yunze ubumwe. Hon. NKONDO Dang
yasabye Perezida wa Repubulika Paul KAGAME akaba n'umuyobozi wa Afrika yunze
ubumwe gukorera ubuvugizi inteko nyafrika kugira ngo abakuru b'ibihugu
bihutishe kwemeza amasezerano ayishyiraho, kuko bigikoma mu nkokora imikorere
yayo. Hon. NKONDO Dang wanavuze ko
inteko nyafrika itewe ishema no kuba inama ku iterambere ry'abagore nayo izabera
mu Rwanda nk'igihugu cy'intangarugero muri urwo rwego.
Inama y'inteko Nyafurika, Pan African Parliament, izamara ibyumweru 2 ibera i Kigali, niyo ya mbere y'abagize iyi manda ya 5, yanakiriwemo indahiro z'abadepite bashya bahagarariye ibihugu bya Chad, Ibirwa bya Comoros, Liberia, Niger, Nigeria, Sierra Leone, Zimbabwe n'u Rwanda. Ni inama ifite insanganyamatsiko igira iti "Kurandura ruswa burundu, inzira ihamye yo kugeza Afrika ku iterambere rirambye.”
Nyarugenge: Abaturage batabaje ubuyobozi bijejejwe ubufasha
May 07, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasabye urubyiruko kudapfusha ubusa imyaka yabo
May 07, 2024
Soma inkuru
RCS igiye gufungura abantu bagera ku 2000 barangije ibihano
May 07, 2024
Soma inkuru
Nta bwoba bwo gukora ibintu bizima- Perezida Kagame abwira urubyiruko
May 07, 2024
Soma inkuru
Urubyiruko rw’Abakorerabushake rwizihije imyaka 10 y’ibikorwa byarwo
May 07, 2024
Soma inkuru
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Sénégal yatangiye uruzinduko rw’akazi mu Rwanda ...
May 06, 2024
Soma inkuru
Abadepite bemeje ishingiro ry'umushinga w'itegeko ryemerera abanyamahanga kuba abakozi ba ...
May 06, 2024
Soma inkuru
Ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique zagabye ibitero ku byihebe mu Ntara ya Nampula
May 05, 2024
Soma inkuru