AGEZWEHO

  • Nyarugenge: Abaturage batabaje ubuyobozi bijejejwe ubufasha – Soma inkuru...
  • Perezida Kagame yasabye urubyiruko kudapfusha ubusa imyaka yabo – Soma inkuru...

Umunyarwanda Jackson Musoni yaguye mu mpanuka ya Ethiopian Airline

Yanditswe Mar, 10 2019 15:47 PM | 10,108 Views



Jackson  Musoni niwe munyarwanda uri mu bantu 157 baguye mu mpanuka y’indege ya Ethiopian Airline yabaye kuri iki Cyumweru tariki 10 Werurwe 2019; ubwo iyi ndege yavaga Addis Ababa ijya Nairobi.

Amakuru avuga ko uyu Jackson Musoni yakoreraga umuryango wa UNHCR mu gihugu cya Sudani y’Epfo; kandi ko asize umugore n’abana babiri; umukobwa n’umuhungu.

Bivugwa ko mbere yo gukorera muri Sudani y’Epfo, Musoni yakoze muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga mu myaka ya 2011 na 2013.

Uretse uyu Munyarwanda, muri iyi ndege haguyemo:

  • Abanyakenya 32
  • Abanyakanada 18
  • Abanya-Ethiopia 9
  • Abataliyani 8
  • Abashinwa 8
  • Abanyamerika 8
  • Abongereza 7
  • Abafaransa 7
  • Abanyamisiri 6
  • Abadage 5
  • Abaholandi 5
  • Abanya-Australia 3
  • Abafite Pasiporo z'Umuryango w'Abibumbye (UN) 1
  • Abanya-Slovakia 4
  • Abahinde 4
  • Abarusiya 3
  • Abanya-Poland 2
  • Abanya-Marocc 2
  • Abanya-Israeli 2
  • Umubiligi 1 
  • Umugande 1
  • Umunya-Yemeni 1
  • Umunya-Sudani 1
  • Umunya-Togo 1
  • Umunya-Mozambique 1
  • Umunya-Norvege 1

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yihanganishije imiryango yabuze abayo muri iyi mpanuka, avuga ko yifatanyije nabo mu kababaro.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Nyarugenge: Abaturage batabaje ubuyobozi bijejejwe ubufasha

Perezida Kagame yasabye urubyiruko kudapfusha ubusa imyaka yabo

RCS igiye gufungura abantu bagera ku 2000 barangije ibihano

Nta bwoba bwo gukora ibintu bizima- Perezida Kagame abwira urubyiruko

Urubyiruko rw’Abakorerabushake rwizihije imyaka 10 y’ibikorwa byarwo

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Sénégal yatangiye uruzinduko rw&r

Abadepite bemeje ishingiro ry'umushinga w'itegeko ryemerera abanyamaha

Ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique zagabye ibitero ku byihebe mu Nta