Yanditswe Nov, 30 2016 17:17 PM | 1,224 Views
Mu gihe imyiteguro y'amatora y'umukuru w'igihugu irimbanyije, komisiyo y'igihugu y'amatora irasaba abaturage kwitabira ibikorwa bijyana n'imyiteguro y'amatora, kugira ngo igihe kizagere byararangiye kandi biteguye bihagije. Abafatanyabikorwa b'iyo komisiyo nabo bavuga ko biteguye gukomeza gufasha abaturage kubahiriza inshingano zabo mu myiteguro y'amatora.
Mu nama komisiyo y'amatora yagiranye n'abafatanyabikorwa bayo kuri uyu wa gatatu, yabagaragarije ko ibijyanye n'imfashanyigisho ku burere mboneragihugu n'amatora byamaze gutegurwa. Ubu igisigaye ni ukunoza liste y'itora, igikorwa kirimo kubera mu midugudu. Perezida w'iyo komisiyo Prof Kalisa Mbanda, akaba asaba Abanyarwanda bagejeje igihe cyo gutora kwitabira ibikorwa by'amatora byose uko biteganyijwe: ''Turasaba abaturage kwitabira ibikorwa by'amatora 100%, ubu turi mu cyiciro cya mbere cyo kuvugurura ilisiti y'itora. Ubu icyo cyiciro nikirangira mu kwezi kwa 5 hazabaho ikindi cyiciro cyo kuvugurura kugira ngo tuzatore lisiti iboneye Abanyarwanda bose.''
Abafatanyabikorwa ba komisiyo y'igihugu y'amatora batangaza ko hari icyo bagiye gufasha abaturage kugira ngo bazabashe kuzuza inshingano zabo zo gutora.
Komisiyo y'amatora irateganya gukoresha imvugo z'amarenga n'inyandiko bifasha abafite ubumuga bwo kutumva no kutabona. Abiga mu mashuri yisumbuye bazasobanurirwa bihagije akamaro k'amatora kuko hari igihe bayafata nk'imikino. Naho ku bijyanye n'ingengo y'imari, Komisiyo y'igihugu y'amatora itangaza ko 90% byayo biteganyijwe mu ngengo y'imari y'uyu mwaka, naho 10% bisigaye bikazaza mu ngengo y'imari y'uyu mwaka.Mu cyumweru cya 1 cya Kanama
2017 ni ho Komisiyo y'igihugu y'amatora iteganya ko hazaba amatora y'umukuru
w'igihugu uzakiyobora muri manda y'imyaka 7.
Photo: Internet
U Rwanda rwifatanyije n'isi mu munsi mpuzamahanga wo kurwanya Malariya
Apr 25, 2024
Soma inkuru
Abadepite basabye Guverinoma gukemura ikibazo cyo gushyingura bihenze
Apr 25, 2024
Soma inkuru
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
Apr 24, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru