AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Abafatanyabikorwa ba NEC biteguye gufasha abaturage mu myiteguro y'amatora

Yanditswe Nov, 30 2016 17:17 PM | 1,224 Views



Mu gihe imyiteguro y'amatora y'umukuru w'igihugu irimbanyije, komisiyo y'igihugu y'amatora irasaba abaturage kwitabira ibikorwa bijyana n'imyiteguro y'amatora, kugira ngo igihe kizagere byararangiye kandi biteguye bihagije. Abafatanyabikorwa b'iyo komisiyo nabo bavuga ko biteguye gukomeza gufasha abaturage kubahiriza inshingano zabo mu myiteguro y'amatora.

Mu nama komisiyo y'amatora yagiranye n'abafatanyabikorwa bayo kuri uyu wa gatatu, yabagaragarije ko ibijyanye n'imfashanyigisho ku burere mboneragihugu n'amatora byamaze gutegurwa. Ubu igisigaye ni ukunoza liste y'itora, igikorwa kirimo kubera mu midugudu. Perezida w'iyo komisiyo Prof Kalisa Mbanda, akaba asaba Abanyarwanda bagejeje igihe cyo gutora kwitabira ibikorwa by'amatora byose uko biteganyijwe: ''Turasaba abaturage kwitabira ibikorwa by'amatora 100%, ubu turi mu cyiciro cya mbere cyo kuvugurura ilisiti y'itora. Ubu icyo cyiciro nikirangira mu kwezi kwa 5 hazabaho ikindi cyiciro cyo kuvugurura kugira ngo tuzatore lisiti iboneye Abanyarwanda bose.''

Abafatanyabikorwa ba komisiyo y'igihugu y'amatora batangaza ko hari icyo bagiye gufasha abaturage kugira ngo bazabashe kuzuza inshingano zabo zo gutora.

Komisiyo y'amatora irateganya gukoresha imvugo z'amarenga n'inyandiko bifasha abafite ubumuga bwo kutumva no kutabona.  Abiga mu mashuri yisumbuye bazasobanurirwa bihagije akamaro k'amatora kuko hari igihe bayafata nk'imikino. Naho ku bijyanye n'ingengo y'imari, Komisiyo y'igihugu y'amatora itangaza ko 90% byayo biteganyijwe mu ngengo y'imari y'uyu mwaka, naho 10% bisigaye bikazaza mu ngengo y'imari y'uyu mwaka.

Mu cyumweru cya 1 cya Kanama 2017 ni ho Komisiyo y'igihugu y'amatora iteganya ko hazaba amatora y'umukuru w'igihugu uzakiyobora muri manda y'imyaka 7.


Photo: Internet




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rurishimira ibyagezweho mu kurwanya Malariya

Abadepite basabye Guverinoma gukemura ikibazo cyo gushyingura bihenze

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw