Yanditswe May, 06 2022 21:16 PM | 85,768 Views
Abakozi b’uruganda rw’icyayi cya Pfunda ubwo hizihizwaga umunsi w'ubuzima n'umutekano mu kazi, basabye Minisitiri w'Abakozi ba Leta n'Umurimo kubakemura ibibazo birimo icy’itonesha n’ubusumbane mu kazi.
Harimo kandi abakora nta masezerano yanditse y’akazi ndetse n'icy’ubwisungane mu kwivuza kuri bo no kubo mu miryango yabo.
Bagaragaza ko igihe ibyo bibazo byose byaba bikomeje kuba akarande, gutanga umusaruro bitezweho bigoye.
Bamwe mu bakozi b’uruganda rwa Pfunda bakora mu cyayi ndetse n’abakora mu ngo z’abayobozi barwo, bavuga ko mu kazi harimo itoneshwa aho bamwe bazamurirwa imishahara ndetse bakishyurirwa ubwishingizi mu buvuzi ariko abandi ntibabikorerwe.
Abandi
bagorwa n'uburyo bakoreramo muri uru ruganda, ni ba nyakabyizi kubwo kuba nta
amasezerano yanditse abagenga bityo bikabagiraho ingaruka nkuko byagaragajwe na Nizeyimana Faustin
uhagarariye abakozi mu ruganda rw'icyayi rwa Pfunda.
Ni ibibazo bagaragaje mu gihe u Rwanda rwizihizaga umunsi mpuzamahanga w’ubuzima n’umutekano mu kazi.
Nubwo ubuyobozi bw’uruganda bwirinze kugira icyo buvuga ku
bikoma aba bakozi mu kazi kabo,
Minisitiri w’abakozi n’umurimo, Rwanyindo Kayirangwa Fanfan yavuze ko
hari bimwe mu bibazo byagarursweho n'abakozi batari bazi ariko bakaba bagiye
kubikurikiana.
Minisitiri
yagaragaje ko iteka bahora basaba abakoresha kuganira n’abakozi hagamijwe
gukemura ibibazo bihari kandi mu buryo bwubahirije amategeko, kuko ariyo nzira
yonyine yorohereza umukozi kumva ko aho akorera ari heza kandi hatekanye,
bityo umusaruro atanga nawo ukiyongera.
U Rwanda rwifatanyije n'isi mu munsi mpuzamahanga wo kurwanya Malariya
Apr 25, 2024
Soma inkuru
Abadepite basabye Guverinoma gukemura ikibazo cyo gushyingura bihenze
Apr 25, 2024
Soma inkuru
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
Apr 24, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru