AGEZWEHO

  • Jimmy Gatete yahishuye abahanzi yiyumvamo n’umuziki umunyura – Soma inkuru...
  • MINECOFIN yatangaje ko harimo gusuzumwa uburyo bwo guhindura politiki yo kubaka inzu ziciriritse – Soma inkuru...

Abakuru b'ibihugu bya Afrika biyemeje gukuraho inzitizi zigaragara mu buhahirane

Yanditswe Mar, 21 2018 22:06 PM | 16,736 Views



Mu kiganiro n`abanyamakuru kibanze ku kamaro ko kugira isoko rusange nyafurika rivanaho inzitizi z`ubuhahirane, abakuru b`ibihugu batandukanye barimo na Nyakubahwa paul Kagame hamwe n`izindi mpuguke mu by'ubukungu bagaragaje ko rizavanaho ibibazo byinshi ibihugu bya Afurika byahuraga nabyo byo kugura ibicuruzwa byakorewe hanze y'uyu mugabane ku giciro cyo hejuru kandi ibyifashishijwe mu gukora ibyo bicuruzwa byaraturutse kuri uyu mugabane, bakaba bagaragaje kandi ko iri soko rusange nyafurika rikuraho inzitizi mu buhahirane, rizazamura ubukungu bwa Afurika.

Aba bakuru b'ibihugu kandi bagaragaje ko isinywa ry'amasezerano ashyiraho iri soko rusange ari umunsi utazibagirana mu mateka ya Afurika, kuko ari umunsi wo guca burundu amacakubiri yahoraga hagati y`ibihugu bigize uyu mugabane wa Afurika, ibi kandi ngo bikaba bizafasha ibi bihugu guhangana n'ikibazo cy'ubukene byahoranaga, by'umwihariko ku bagore. 

Ku bijyanye n'uburyo ibihugu bizinjira muri iri soko rusange nyafurika aba bakuru b`ibihugu bagaragaje ko icyizere cy'uko bizagenda neza gihari, igisigaye kikaba ari igihe bizatwara n'ukuntu ibintu bizashyirwa mu bikorwa kuko gusinya kw'ibihugu nk'uko byabikoze ari kimwe ariko gushyira mu bikorwa ibikubiye muri aya masezerano ni ikindi.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

MINECOFIN yatangaje ko harimo gusuzumwa uburyo bwo guhindura politiki yo kubaka

Kuki Leta itarashe ku ntego yo gutuza abaturage ku Mudugudu muri iyi myaka 7?

Abatangabuhamya bagaragaje ko byabasabye kwishyura Nkunduwimye kugira ngo abahun

Nyarugenge: Abaturage batabaje ubuyobozi bijejejwe ubufasha

Perezida Kagame yasabye urubyiruko kudapfusha ubusa imyaka yabo

RCS igiye gufungura abantu bagera ku 2000 barangije ibihano

Nta bwoba bwo gukora ibintu bizima- Perezida Kagame abwira urubyiruko

Urubyiruko rw’Abakorerabushake rwizihije imyaka 10 y’ibikorwa byarwo