AGEZWEHO

  • Umujyi wa Kigali ni wo wugarijwe: Ishusho ya ruswa mu myaka itanu ishize – Soma inkuru...
  • Ishyaka PDI ryiyemeje kuzashyigikira Paul Kagame mu matora y’Umukuru w’Igihugu – Soma inkuru...

Abiga amasomo y'imyuga n'ubumenyingiro ngo ibiruhuko babibyaje umusaruro

Yanditswe Jan, 04 2024 20:33 PM | 5,582 Views



Bamwe mu banyeshuri biga amasomo y’imyuga n’ubumenyingiro na Tekiniki bavuga ko ibi biruhuko babibyaje umusaruro bavumbura udushya twahindura imibereho y’abaturage n’iterambere ry’igihugu.

Irasubije Jules umunyeshuri wiga amasomo y’imyuga n’ubumenyingiro muri ibi biruhuko yakoze porogaramu (Application) ifasha abacuruzi kumenya ibyo baranguye, bacuruje ndetse n’imisoro babereyemo ikigo cy’imisoro n’amahoro.

Mfitumukiza Jonathan nawe yakoze porogaramu ifasha abagenda hirya no hino ku isi kumenya aho barara, ibyo barya ndetse n’uburyo bakora urugendo mu mihanda y’ibyo bihugu batamenyereye. Aba banyeshuri bavuga ko ibi biruhuko babibyaje umusaruro.

Bamwe mu babyeyi bishimira ko abana babo ibi biruhuko batabipfushije ubusa cyangwa ngo bajye mu ngeso mbi.

Abayobozi b’ibigo by’amashuri byigisha amasomo y’imyuga, ubumenyigiro na Tekiniki bavuga ko kuba abanyeshuri bafata umwanya mu biruhuko bagashyira mu bikorwa ibyo biga kandi bakavumbura udushya binatuma bitegura neza ibizamini bya leta kandi bakihangira imirimo.

Gahunda ya Guverinoma y’imyaka 7 ni uko abanyeshuri biga amasomo y’imyuga n’ubumenyi bagomba kuba bari hejuru ya 60% muri uyu mwaka wa 2024 . Iyi gahunda yo guhanga udushya tw’ikoranabuhanga ikaba ari kimwe mu bisubizo byo guhanga imirimo mu Rwanda.

<iframe width="560" height="315" src="https://www.youtube.com/embed/0nnijIFuZDk?si=LXTeOK87ogumrkcA" title="YouTube video player" frameborder="0" allow="accelerometer; autoplay; clipboard-write; encrypted-media; gyroscope; picture-in-picture; web-share" allowfullscreen></iframe>

Jean Paul TURATSINZE




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ishyaka PDI ryiyemeje kuzashyigikira Paul Kagame mu matora y’Umukuru w&rsq

Zimwe mu mpinduka zagaragaye muri Kaminuza mu myaka 30 ishize

Abanya-Kigali bishimiye kongera gukomorerwa kubaka

Hakiriwe dosiye 4698 z'abaregwa gukoresha nabi umutungo wa Leta mu myaka 5

Imiryango 4800 imaze kwimurwa nyuma y’ibiza byo muri Gicurasi 2023

Minisitiri Gasana yasabye urubyiruko gushikama bagahangana n’abakomeje gup

U Rwanda rurishimira ibyagezweho mu kurwanya Malariya

Abadepite basabye Guverinoma gukemura ikibazo cyo gushyingura bihenze