AGEZWEHO

  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente yitabiriye inama ya Banki y'Isi yiga ku iterambere rya Afurika – Soma inkuru...
  • Imyinshi izafungwa- Umushinga w'itegeko rigenga imiryango itari iya Leta uteye impungenge – Soma inkuru...

Ni igikorwa kigayitse ku Bufaransa- Amb. Anfré avuga ku bakozi babo bishwe muri Jenoside

Yanditswe Apr, 17 2024 18:27 PM | 126,818 Views



Ambassade y’u Bufaransa mu Rwanda yavuze ko izakomeza kuba hafi imiryango y’abayikoreraga bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ibi bikaba byagarutsweho mu gikorwa iyi Ambasade yateguye cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe aAbatutsi.

Abakozi ba Ambasade y'u Bufaransa ndetse n’abo mu miryango y’abayikoreraga bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, nibo bitabiriye iki gikorwa, abafite ababo bibukwa bavuga ko hari byinshi kandi byiza babibukiraho, bagashima iki gikorwa cyo kubibuka.

Ambasaderi w'u Bufaransa mu Rwanda, Antoine Anfré yakomeje imiryango y’abishwe muri jenoside, avuga ko bazakomeza kubaba hafi.

Yagize ati "Ni igikorwa twateguye nka Ambasade mu rwego rwo kunamira abakozi bacu 17 basizwe n'Abafaransa, abakoranaga nabo mu 1994 muri operation yiswe"Amaryllis" bityo nyuma yaho abo bakozi bicwa muri jenoside, ni ikikorwa kigayitse mu mateka y'iyi Ambasade n'ay'u Bufaransa muri rusange, ariko tugomba kwemera uruhare rwacu, kuba barishwe byagize ingaruka zikomeye ku miryango yabo, nk'abakoresha tugomba kwemera ko ntacyo twakoze ngo turengere ubuzima bwabo."

"Ni abantu tugomba guhora twibuka, raporo Duclert ndetse n'igihe Perezida w'u Bufaransa, Emmanuel Macron yasuraga urwibutso rwa Jenoside, hose hasobanuwe uruhare u Bufaransa bwagize mu byabaye mu Rwanda hagati y'1990/1994 bikaza no kugeza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi. Ni inshingano zacu guhora twibuka aba bakozi bacu bishwe, tutashoboye kurokora ubuzima bwabo. Ikindi ni uguharanira ko ibyabaye bitazongera kubaho ukundi, bimwe mu bizadufasha kubigeraho rero ni uguhora twibuka abishwe, kandi tukigisha abakiri bato uko byagenze bakamenya ubukana bwa Jenoside."

Ambasade y’u Bufaransa ivuga ko kugeza ubu umubano w’u Bufaransa n’u Rwanda wifashe neza, aho mu minsi ishize ibihugu byombi byanasinyanye amasezerano arebana n’inkunga ya miliyoni 500 z’amaeuro azakoreshwa mu bikorwa bijyanye n’iterambere mu gihe cy'imyaka 5 iri imbere. 

U Bufaransa bunavuga ko bukomeye kuri gahunda yo kuburanisha abagize uruhare muri Jenoside bari ku butaka bwabwo.

Carine Umutoni



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ben Kayiranga yagaragaje uko Visit Rwanda yugururiye amarembo Abanyarwanda i Par

Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya

Abahanzi basaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennia

Art Rwanda Ubuhanzi yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2