AGEZWEHO

  • Abakinnyi 11 b’intoranwa bakinanye na Jimmy Gatete – Soma inkuru...
  • Jimmy Gatete ari kwandika igitabo kivuga ku buzima bwe ‘butazwi’ – Soma inkuru...

Haringingo utoza Kiyovu yateye utwatsi ibivugwa ko Rayon Sports imwifuza

Yanditswe Mar, 23 2022 10:40 AM | 24,550 Views



Umutoza wa Kiyovu Sports Haringingo Francis yahakanye amakuru ahwihwiswa ko hari ibiganiro yaba yaragiranye na Rayon Sports ku kuba yatoza iyi kipe y'ubururu n'umweru.

Yabitangarije mu kiganiro Urubuga rw'Imikino cya Radiyo Rwanda cyatambutse mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu.

Uyu mutoza umaze kwitwara neza muri uyu mwaka wa shampiyona y'umupira w'amakuru mu Rwanda, avuga ko ibyo kuba ikipe ya Rayon Sports yaba yarashatse ko baganira ari ibinyoma, ashimangira ko iyo umutoza arimo gusoza amasezerano mu ikipe runaka, ibuhuha biba byinshi

Amasezerano ya Haringingo Francis agomba kurangirana n'uyu mwaka wa shampiyona. Kuri we ngo icyo ashyize imbere cyane ni ukwitwara neza, akaba yanahesha ikipe y'urucaca, igikombe cya shampiyona, inanyotewe cyane.

Gusa, yahishuye ko ari amakipe abiri yo muri Tanzania yigeze kwifuza ko yayabera umutoza, ariko ntiyaza kwemera kuko atari guta akazi afite muri Kiyovu Sports.

Haringingo Francis, ni umutoza ukomoka mu Burundi, akaba yaranyuze mu makipe anyuranye mu Rwanda, harimo Mukura Victory Sports na Police FC.

Ku rutonde rwa shampiyona y'u Rwanda, ku munsi wa 22, Ikipe ya Kiyovu Sports ni yo ya mbere n'amanota 50, ikaba ikurikirwa na APR FC ifite amanota 48.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Nyarugenge: Abaturage batabaje ubuyobozi bijejejwe ubufasha

Perezida Kagame yasabye urubyiruko kudapfusha ubusa imyaka yabo

RCS igiye gufungura abantu bagera ku 2000 barangije ibihano

Nta bwoba bwo gukora ibintu bizima- Perezida Kagame abwira urubyiruko

Urubyiruko rw’Abakorerabushake rwizihije imyaka 10 y’ibikorwa byarwo

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Sénégal yatangiye uruzinduko rw&r

Abadepite bemeje ishingiro ry'umushinga w'itegeko ryemerera abanyamaha

Ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique zagabye ibitero ku byihebe mu Nta