AGEZWEHO

  • Umujyi wa Kigali ni wo wugarijwe: Ishusho ya ruswa mu myaka itanu ishize – Soma inkuru...
  • Ishyaka PDI ryiyemeje kuzashyigikira Paul Kagame mu matora y’Umukuru w’Igihugu – Soma inkuru...

Kigali: Hateraniye inama y'ubucuruzi hagati y'u Rwanda n'ubumwe bw'u Burayi

Yanditswe Jun, 26 2023 10:01 AM | 16,028 Views



I Kigali hateraniye inama y’ubucuruzi hagati y’u Rwanda n’ibihugu by’Ubumwe bw’u Burayi yiswe EU-Rwanda Business Forum.

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB) Clare Akamanzi yagaragarije abitabiriye iyi nama ko U Rwanda rwafunguye amarembo y’ubucuruzi ku bashaka gushora imari mu Rwanda.

Mu myaka 10 ishize ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku mpuzandengo y’igipimo cya 7.8% ibi byatumye ubukungu bw’igihugu bwikuba inshuro 9 zose.

Umuyobozi wa RDB avuga kandi ko kuba u Rwanda ari igihugu gitekanye ku rwego rw’Isi kikaba igihugu cyakira abakigana ku buryo abifuza gushora imari yabo mu masaha 6 umushoramari aba afunguye ikigo cy’ubucuruzi.

RDB kandi yagaragarije abitabiriye iyi nama ko hari amahirwe atandukanye mu ishoramari mu nzego zitandukanye mu Rwanda zirimo ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, amahoteri n’ubukerugendo, ikoranabuhanga n’ibindi.

Photo: RDB

Kwizera John Patrick



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ishyaka PDI ryiyemeje kuzashyigikira Paul Kagame mu matora y’Umukuru w&rsq

Zimwe mu mpinduka zagaragaye muri Kaminuza mu myaka 30 ishize

Abanya-Kigali bishimiye kongera gukomorerwa kubaka

Hakiriwe dosiye 4698 z'abaregwa gukoresha nabi umutungo wa Leta mu myaka 5

Imiryango 4800 imaze kwimurwa nyuma y’ibiza byo muri Gicurasi 2023

Minisitiri Gasana yasabye urubyiruko gushikama bagahangana n’abakomeje gup

U Rwanda rurishimira ibyagezweho mu kurwanya Malariya

Abadepite basabye Guverinoma gukemura ikibazo cyo gushyingura bihenze