AGEZWEHO

  • Umujyi wa Kigali ni wo wugarijwe: Ishusho ya ruswa mu myaka itanu ishize – Soma inkuru...
  • Ishyaka PDI ryiyemeje kuzashyigikira Paul Kagame mu matora y’Umukuru w’Igihugu – Soma inkuru...

Madamu Jeannette Kagame yakanguriye abantu kutijandika mu kunywa inzoga

Yanditswe Sep, 10 2023 18:56 PM | 43,598 Views



Mu gihe hari raporo yakozwe n’urubuga rwa Business Insider Africa, igaragaza ko u Rwanda ruri ku mwanya wa 8 mu bihugu binywa ibisindisha ku gipimo cyo hejuru hagendewe ku musaruro mbumbe w’igihugu, Madamu Jeannette Kagame yatanze ubutumwa ku bantu banywa alukolo abasaba gushishoza no guhitamo igikwiye.

Kunywa nkeya ni cyo cyonyine cyumvikana

Uru si urwandiko rugenewe abagenzura alukolo bafata, n’ubwo n’abo bayigenzura, bagomba guhora bari maso, kuko ari ikintu cyateza akaga.

Gusa icy’ingenzi kurushaho kinahangayikishije, niba ikinyobwa cyarabashije kukwibiza, rwana nacyo!

Madame Jeannette Kagame yasabye abantu kudatwarwa n’ibyo bamamaza mu nzoga haba mu matangazo, amafilime no mu ndirimbo:

"Amatangazo yamamaza afite amashusho meza yerekana abantu beza, bafite ubuzima bwiza bagaragara neza cyane bari mu bihe byabo bihebuje buri wese yakwifuza bitewe nuko bafite ikirahure cy’ibisembuye mu ntoki zabo."

Ku rundi ruhande, agaragaza ko guhitamo igikwiye bishoboka:

"Yego, kunywa birenze urugero bishobora kuba byeze hose ku isi, ni ikibazo kirimo kugenda gikura, ari ko se kuki tutahitamo ibinyuranye n’ibyo? Wikora ikosa: kubatwa ni icyorezo, kandi abarwayi bakwiriye kurwazwa bagakira. Ariko na none ntibikuraho kubazwa uruhare rwabo: kumenya ikibazo cyabo no gukurikiza ibyo umuti ukenewe ubasaba."

Yasabye bakeneye ubufasha no kugirwa inama kwegera ababyize naho abakeneye uwabetega amatwi bafite umutima yagize ati nyamuneka nimudusange.

Ku bahakana ko ubusinzi atari ikibazo yabasabye kwibaza iki kibazo: "Ese hano ni iki kirimo kunyobwa mu by’ukuri-muri byo hari ikinyobwa, hari wowe ubwawe, ubuzima bwawe, ndetse n’ishema ryawe?

Inzoga uyikura mu kibindi ikagukura mu bagabo."

Avuga ku ngaruka za alukolo Madame Jeannette Kagame yagaragaje ko igabanya ubushobozi bw’ubwonko bwa muntu, ikagabanya imisemburo imutera ingufu n’umunezero n’utuma atuza kandi akabona ibintu neza.

Yavuze kandi ko agahinda gakabije cyangwa depression atari ko kaga ka nyuma inzoga iteza umuntu, ko ahubwo buri munsi hari ubuzima ihitana kandi ikica abantu urw’agashinyaguro buhoro buhoro buri munsi, kugeza umubiri unaniwe guhangana n’uburozi iba yawushyizemo.

Yasabye buri muntu kwisuzuma kandi ashyize mu gaciro, akareba incuro anywa, ikiguzi bimutwara, aho anywera, igituma anywa, ibimubaho bibimutera, agahitamo uburyo buzima bwo kubikemura.


Gratien Hakorimana




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ishyaka PDI ryiyemeje kuzashyigikira Paul Kagame mu matora y’Umukuru w&rsq

Zimwe mu mpinduka zagaragaye muri Kaminuza mu myaka 30 ishize

Abanya-Kigali bishimiye kongera gukomorerwa kubaka

Hakiriwe dosiye 4698 z'abaregwa gukoresha nabi umutungo wa Leta mu myaka 5

Imiryango 4800 imaze kwimurwa nyuma y’ibiza byo muri Gicurasi 2023

Minisitiri Gasana yasabye urubyiruko gushikama bagahangana n’abakomeje gup

U Rwanda rurishimira ibyagezweho mu kurwanya Malariya

Abadepite basabye Guverinoma gukemura ikibazo cyo gushyingura bihenze