Yanditswe Oct, 16 2022 14:28 PM | 197,719 Views
Kuri iki cyumweru Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari kumwe na Gen. Muhoozi Kainerugaba uri mu ruzinduko rwihariye mu Rwanda bitabiriye siporo rusange izwi nka Car Free Day yahuriranye n'ukwezi k'ubukangurambaga ku kurwanya indwara ya kanseri y'ibere.
Mu bitabiriye iyi siporo rusange harimo abarwaye kanseri y'ibere barayikira bemeza ko izahaza uyirwaye ariko bagashima imbaraga leta ikomeje gushyira mu kuyirwanya no kuyivura.
Minisitiri w' Ubuzima Dr. Daniel Ngamije avuga ko ubu Leta y' u Rwanda ifite ubushobozi bwo kuvura iyi kanseri n' izindi kuburyo buhagije, anasaba abantu kuzajya bayipimisha hakiri kare kuko iyo bitinze kuyivura bigorana.
Abakobwa bakiri bato bitabiriye iyi siporo rusange n'ubu bukangurambaga, bavuze ko bahakuye amasomo azabafasha guhangana n'iyi ndwara.
Kanseri y’ibere iri muri kanseri ziri ku isonga mu guhitana abagore ku isi. Mu 2020, abagore bagaragayeho iyo ndwara ni miliyoni 2.300 000 muri bo 685,000 yarabahitanye. Mu Rwanda, mu mwaka wa 2020 abapimwe bagasanganwa iyi ndwara bagera kuri 650 bikaba bigize ijanisha rya 13% by’abarwaye indwara za kanseri bose.
U Rwanda rwifatanyije n'isi mu munsi mpuzamahanga wo kurwanya Malariya
Apr 25, 2024
Soma inkuru
Abadepite basabye Guverinoma gukemura ikibazo cyo gushyingura bihenze
Apr 25, 2024
Soma inkuru
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
Apr 24, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru