AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Amafoto - Perezida Kagame na Madamu bari kumwe na Gen. Kainerugaba bitabiriye Siporo rusange

Yanditswe Oct, 16 2022 14:28 PM | 197,719 Views



Kuri iki cyumweru Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari kumwe na Gen. Muhoozi Kainerugaba uri mu ruzinduko rwihariye mu Rwanda bitabiriye siporo rusange izwi nka Car Free Day yahuriranye n'ukwezi k'ubukangurambaga ku kurwanya indwara ya kanseri y'ibere.


Mu bitabiriye iyi siporo rusange harimo abarwaye kanseri y'ibere barayikira bemeza ko izahaza uyirwaye ariko bagashima imbaraga leta ikomeje gushyira mu kuyirwanya no kuyivura.

Minisitiri w' Ubuzima Dr. Daniel Ngamije avuga ko ubu Leta y' u Rwanda ifite ubushobozi bwo kuvura iyi kanseri n' izindi kuburyo buhagije, anasaba abantu kuzajya bayipimisha hakiri kare kuko iyo bitinze kuyivura bigorana.


Abakobwa bakiri bato bitabiriye iyi siporo rusange n'ubu bukangurambaga, bavuze ko bahakuye amasomo azabafasha guhangana n'iyi ndwara.

Kanseri y’ibere iri muri kanseri ziri ku isonga mu guhitana abagore ku isi. Mu 2020, abagore bagaragayeho iyo ndwara ni miliyoni 2.300 000 muri bo 685,000 yarabahitanye. Mu Rwanda, mu mwaka wa 2020 abapimwe bagasanganwa iyi ndwara bagera kuri 650 bikaba bigize ijanisha rya 13% by’abarwaye indwara za kanseri bose.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rurishimira ibyagezweho mu kurwanya Malariya

Abadepite basabye Guverinoma gukemura ikibazo cyo gushyingura bihenze

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw