Yanditswe Oct, 31 2021 19:55 PM | 72,345 Views
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuziranenge RSB, cyavuze ko ubuziranenge bw’ibikomoka kuri peteroli byinjizwa mu Rwanda biba bibwujuje, kuko bipimwa hakurikijwe ibipimo
mpuzamahanga.
Ibinyabiziga
bikoresha ibikomoka kuri peteroli kuri ubu ni bimwe mu biza ku isonga mu
kohereza imyuka yangiza ikirere, ku buryo hagenda hashakishwa uko habaho
gukoresha izindi ngufu.
Bamwe mu baturage bafata iyi myotsi nk’ikintu gisanzwe, kubera kutamenya ingaruka yagira ku buzima mu gihe bayihumetse.
Mu
Rwanda buri kwezi hinjira litiro zisaga miliyoni 40 za mazutu na lisansi biba byatumijwe
hanze yarwo, n'ubwo ibikomoka kuri peteroli bigenda bishakirwa ibyo kubisumbira,
ababitumiza bakanabicuruza bemeza ko
ibiza mu Rwanda biba bifite ubuziranenge buri ku rwego rusumba ibyinjira muri
byinshi mu bihugu byo muri Afurika.
Dr Akumuntu Joseph uyobora ishyirahamwe ry'abatumiza ibikomoka kuri peteroli mu mahanga, agira ati "Ntabwo amavuta ashobora kwinjizwa mu bigega atabanje gupimwa kugira ngo barebe ko yujuje ubwo buziranenge busabwa kuko ibyo tubikora mu rwego rwo kugira ngo hakomeze kubaho gukurikiranira hafi ibyo duha abakiriya bacu, no kugira ngo twirinde ko hari ikibazo cyabaho bashyira amavuta mu modoka cyangwa imashini ugasanga byishe moteri y’umukiriya, ni byo twitwararika kugira ngo hatagira ikibazo na kimwe cyabaho."
Muri laboratwari ya RSB ni ho hari ibikoresho byifashishwa mu gupima ubutare buri muri mazutu na lisansi bishobora guhumanya ikirere.
Umuyobozi Mukuru wa RSB, Raymond
Murenzi avuga ko mazutu na lisansi bitumizwa mu gihugu bigenzurwa cyane mbere
yo kugezwa ku isoko, kandi bakabikora bagendeye ku bipimo byemejwe mu bihugu
bigize Umuryango wa Afurika y’u Burasirazuba.
Agira ati "Icyo
twihaye kugeraho ku rwego rw’u Rwanda ni ukugera kuri euro 4 kuko ni ikigero
cya technologie imodoka ziri mu gihugu zakagombye kuba zikoresha ndetse iyo
technologie ya moteri ikoreshwa n’ibinyabiziga igomba kujyana na lisansi
cyangwa mazutu binywa, ibyo byose turabihuza kugira ngo tumenye ko lisansi
yinjira mu gihugu cyangwa se mazutu yinjira byujuje ubuziranenge ndetse
binajyanye n’iyo ntego igihugu kiba cyarihaye."
Ku isi abantu bakabakaba Miliyoni 5 ni bo bahitanwa n’indwara baterwa n’ihumana ry’ikirere.
Ihindagurika ry’ikirere ni ikibazo cyashyizwe muri gahunda y’imyaka 7 ya guverinoma ya 2017-2024 ndetse no ku rwego rw’isi ihindagurika ry’ikirere akaba ari intego ya 13 kuri 17 isi yihaye mu ntego z’iterambere rirambye SDG’s.
Bimwe mu bihumanya ikirere mu Rwanda birimo ibinyabiziga, inganda, ibikorwa by’ubwubatsi nk’imihanda, amafumbire mvaruganda, imyuka iva mu bishingwe n’ibindi.
Kwizera Bosco
U Rwanda rwifatanyije n'isi mu munsi mpuzamahanga wo kurwanya Malariya
Apr 25, 2024
Soma inkuru
Abadepite basabye Guverinoma gukemura ikibazo cyo gushyingura bihenze
Apr 25, 2024
Soma inkuru
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
Apr 24, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru