Yanditswe May, 23 2016 15:33 PM | 2,589 Views
Icyegeranyo ku buryo Africa yashobora koroshya ishoramari igakurura amahanga ku isoko kigaragaza ko Africa y'iburasirazuba ikeneye ishoramari mu bikorwaremezo, muri services z'ubuvuzi n'uburezi kugira ngo igire ijambo mu gukurura abashoramari.
Iki cyegeranyo cy'umwaka wa 2015/2016 cyerekana ko u Rwanda muri aka karere ruza ku isonga mu korohereza abashoramari aho rukurikiwe na Kenya. U Rwanda ariko ruza ku mwanya wa 3 nyuma y'ibirwa bya Maurices na Africa y'epfo rukaba urwa 58 ku rwego rw'isi.
Aka karere ka EAC nako kaza mu tworohereza abashoramari tukanabakurura cyane ugereranyije n'utundi tugize Africa.
Ibi ngo biterwa n'uburyo ubukungu bushingiye ku bintu binyuranye kdi byinshi, ndetse n'ubucuruzi ngo bukorwa mu buryo buhamye.
Gusa ariko ubushakashatsi bwerekana ko hari iby'ibanze bigikenewe, harimo ibikorwaremezo imbere mu karere ndetse n'ibigahuza n'ibindi bice by'umugabane hatirengagijwe inzego z'ubuvuzi n'uburezi byafasha iterambere rya muntu mu bijyanye n'ubumenyi n'ubushobozi.
Muri rusange muri aka karere icyizere cyo kurama kiri hasi naho imfu z'abana ziri hejuru. Ubwitabire mu mashuli yisumbuye kiri kuri 38% naho muri za kaminuza kuri 4,5% ibi bikaba biri hasi ugereranyije n'uturere twa ECOWAS na SADC.
U Rwanda ruri ku isonga mu bijyanye no kubaka inzego, ibikorwa remezo, ubuvuzi, uburezi bw'ibanze n'amasoko. Mu gihe Kenya ngo ubucuruzi bwanogejwe, ikagira n'umwihariko mu guhanga udushya mu ikoranabuhanga. Muri EAC ariko ngo ikibazo gihuriweho ni icyo kubona imari yo gushora muri business.
Ben Kayiranga yagaragaje uko Visit Rwanda yugururiye amarembo Abanyarwanda i Paris
Apr 22, 2024
Soma inkuru
Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya
Apr 19, 2024
Soma inkuru
Abasaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennial’
Feb 12, 2024
Soma inkuru
Art Rwanda yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2
May 15, 2023
Soma inkuru