AGEZWEHO

  • Imyinshi izafungwa- Umushinga w'itegeko rigenga imiryango itari iya Leta uteye impungenge – Soma inkuru...
  • Umujyi wa Kigali mu ngamba zo guhashya ruswa – Soma inkuru...

Afurika y'Epfo: Amb. Hategeka yashyikirije Perezida Ramaphosa impapuro zimwemerera guhagararirayo u Rwanda

Yanditswe Apr, 09 2024 21:18 PM | 200,336 Views



Ambasaderi w'u Rwanda muri Afurika y'Epfo, Emmanuel Hategeka, yashyikirije Perezida Cyril Ramaphosa impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu. 

Amb. Hategeka yaboneyeho gushyikiriza Perezida Ramaphosa ubutumwa yohererejwe na mugenzi we, Perezida Paul Kagame bumushimira kuba yarifatanyije n'u Rwanda mu kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ambasaderi Hategeka yiyemeje gushyira imbaraga mu kunoza umubano mwiza hagati y’ibihugu byombi.

Perezida Ramaphosa ni umwe mu banyacyubahiro wifatanyije n'Abanyarwanda mu bikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi. 

Mu kiganiro yagiranye n'abanyamakuru mbere yo gusubira Pretoria, Perezida Ramaphosa yakomoje ku mibanire y'ibihugu byombi aho atatinye kuvuga ko hajemo agatotsi.

Gusa yavuze mu biganiro yagiranye na mugenzi we w' u Rwanda hamwe n'abandi bayobozi ku kibazo cy'umutekano muke mu Burasirazuba bwa Congo, basanze kidakwiye gukemurwa n'inzira y'intambara ahubwo ko inzira zibiganiro bya politiki ariwo ushobora kuba umuti w'iki kibazo.

Mu kiganiro yahaye itangazamakuru ku wa Mbere, Perezida Paul Kagame na we yavuze ko afite icyizere cy'ibiganiro yagiranye na mugenzi we Cyril Ramaphosa, ku bijyanye no gushaka umuti w'ikibazo cy'umutekano muke n'ubwicanyi bwibasira abaturage b'inzirakarengane muri RDC.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Imyinshi izafungwa- Umushinga w'itegeko rigenga imiryango itari iya Leta ut

Ishyaka PDI ryiyemeje kuzashyigikira Paul Kagame mu matora y’Umukuru w&rsq

Zimwe mu mpinduka zagaragaye muri Kaminuza mu myaka 30 ishize

Abanya-Kigali bishimiye kongera gukomorerwa kubaka

Hakiriwe dosiye 4698 z'abaregwa gukoresha nabi umutungo wa Leta mu myaka 5

Imiryango 4800 imaze kwimurwa nyuma y’ibiza byo muri Gicurasi 2023

Minisitiri Gasana yasabye urubyiruko gushikama bagahangana n’abakomeje gup

U Rwanda rurishimira ibyagezweho mu kurwanya Malariya