AGEZWEHO

  • Imyinshi izafungwa- Umushinga w'itegeko rigenga imiryango itari iya Leta uteye impungenge – Soma inkuru...
  • Umujyi wa Kigali mu ngamba zo guhashya ruswa – Soma inkuru...

#Kwibuka30: Ambasaderi Kimonyo yagaragaje ko Jenoside itabaye ku bw’impanuka ahubwo yateguwe

Yanditswe Apr, 07 2024 17:15 PM | 239,830 Views



Abanyarwanda baba mu Bushinwa bibutse ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, mu gikorwa cyitabiriwe na ba ambasaderi barenga 50 bahagarariye ibihugu byabo mu Bushinwa bari kumwe n’abo mu miryango yabo n’izindi nshuti z’u Rwanda.

Ambasaderi James Kimonyo uhagarariye u Rwanda mu Bushinwa yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi itabaye ku bw’impanuka, ahubwo ko yateguwe n’ubutegetsi bubi bwariho icyo gihe ndetse bukanayishyira mu bikorwa Isi yose ireba.

Agaragaza ko ubwitange bw’ingabo za RPA ziyobowe na Perezida Paul Kagame zabashije guhagarika iyi Jenoside, ndetse zongera gusana igihugu bishingiye ku buyobozi bwahisemo gushyira imbere ubumwe bw’Abanyarwanda bukaba bumaze kugeza igihugu ku bumwe butajegajega ndetse n’ubudaheranwa.

Ambasaderi Kimonyo yasabye Umuryango Mpuzamahanga guhaguruka ukarwanya ingengabitekerezo ya Jenoside, imvugo z’urwango n’ibindi bikorwa bikigaragara hirya no hino ku Isi no gushyira hamwe mu gushyikiriza ubutabera abakurikiranywe kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Imyinshi izafungwa- Umushinga w'itegeko rigenga imiryango itari iya Leta ut

Ishyaka PDI ryiyemeje kuzashyigikira Paul Kagame mu matora y’Umukuru w&rsq

Zimwe mu mpinduka zagaragaye muri Kaminuza mu myaka 30 ishize

Abanya-Kigali bishimiye kongera gukomorerwa kubaka

Hakiriwe dosiye 4698 z'abaregwa gukoresha nabi umutungo wa Leta mu myaka 5

Imiryango 4800 imaze kwimurwa nyuma y’ibiza byo muri Gicurasi 2023

Minisitiri Gasana yasabye urubyiruko gushikama bagahangana n’abakomeje gup

U Rwanda rurishimira ibyagezweho mu kurwanya Malariya