Yanditswe Mar, 22 2024 10:21 AM | 134,915 Views
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zataye muri yombi Umunyarwanda Eric Nshimiye wari umaze imyaka isaga 30 yihishahisha muri icyo gihugu nyuma yo kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mu gitondo cyo ku wa Kane, tariki 21 Werurwe 2024, ni bwo Amerika yatangaje ko yafashe uyu mugabo w’imyaka 52, ubusanzwe witwa Eric Tabaro Nshimiye.
Amakuru avuga ko mu gihe cya Jenoside, Nshimiye yari umunyeshuri mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y’u Rwanda, i Butare, aho yigaga ubuvuzi.
Ubushinjacyaha muri icyo gihugu bwatangaje ko inyandiko zigaragaza ko Nshimiye yagize uruhare mu kwica Abatutsi no gufata ku ngufu abagore n’abakobwa mu yahoze ari Perefegitura ya Butare.
Kugeza magingo aya, Eric Nshimiye yabarizwaga muri Leta ya Boston. Yavuye mu Rwanda mu 1994, anyura muri Kenya, aho yabeshye inzego zishinzwe abinjira n'abasohoka muri Amerika zimuha ibyangombwa ajya muri icyo gihugu aho yabonye ubwenegihugu mu 2003.
Uretse uruhare yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Nshimiye kandi akurikiranyweho ibyaha byo kubeshya inzego z’ubuyobozi aho muri Amerika ndetse no gutanga ubuhamya buhimbano mu rubanza rwaregwagamo Jean Leonard Teganya, wahamijwe n’inkiko uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Manzi Prince
Imiryango 4800 imaze kwimurwa nyuma y’ibiza byo muri Gicurasi 2023
Apr 26, 2024
Soma inkuru
Minisitiri Gasana yasabye urubyiruko gushikama bagahangana n’abakomeje gupfobya Jenoside
Apr 26, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwifatanyije n'isi mu munsi mpuzamahanga wo kurwanya Malariya
Apr 25, 2024
Soma inkuru
Abadepite basabye Guverinoma gukemura ikibazo cyo gushyingura bihenze
Apr 25, 2024
Soma inkuru
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
Apr 24, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru