AGEZWEHO

  • Imyinshi izafungwa- Umushinga w'itegeko rigenga imiryango itari iya Leta uteye impungenge – Soma inkuru...
  • Umujyi wa Kigali mu ngamba zo guhashya ruswa – Soma inkuru...

Minisitiri w’Intebe wa Ireland Leo Varadkar yeguye

Yanditswe Mar, 20 2024 16:46 PM | 51,883 Views



Minisitiri w’Intebe wa Ireland, Leo Varadkar, yeguye kuri izo nshingano ndetse n’izo kuyobora Ishyaka Fine Gael.

Ni icyemezo yatangarije mu kiganiro n’itangazamakuru, kuri uyu wa Gatatu, mu Murwa Mukuru wa Ireland, Dublin.

Leo Varadkar yavuze ko icyemezo cye gishingiye ku mpamvu zihariye. Ati "Impamvu zo kuva ku butegetsi ni izanjye ku giti cyanjye n’iza politiki."

Avuga ku matora yegereje, agaragaza icyizere ati "Nizera ko ishyaka ryanjye, Fine Gael, rishobora kubona imyanya mu nteko ishingamategeko itaha".

Leo yemeza ko undi muyobozi uzamusimbura azayobora neza, ndetse kumurusha.

Ati “Nyuma y’imyaka irindwi ku butegetsi, sinumva ko ndi umuntu mwiza kuri ako kazi ukundi.”

Varadkar yavuze ko yasabye ko umuyobozi mushya w’ishyaka yatorwa mbere y’Inama Ngarukamwaka ya Fine Gael iteganyijwe kuba ku wa 6 Mata 2024. Nyuma y’aho ni bwo Inteko izahitamo ikanemeza ko aba Minisitiri w’Intebe.

Leo Varadkar w'imyaka 45 yabaye Minisitiri w’Intebe inshuro ebyiri hagati ya 2017 na 2020, no kuva mu Kuboza 2022.

Safa Claudia Uwingeneye



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Imyinshi izafungwa- Umushinga w'itegeko rigenga imiryango itari iya Leta ut

Ishyaka PDI ryiyemeje kuzashyigikira Paul Kagame mu matora y’Umukuru w&rsq

Zimwe mu mpinduka zagaragaye muri Kaminuza mu myaka 30 ishize

Abanya-Kigali bishimiye kongera gukomorerwa kubaka

Hakiriwe dosiye 4698 z'abaregwa gukoresha nabi umutungo wa Leta mu myaka 5

Imiryango 4800 imaze kwimurwa nyuma y’ibiza byo muri Gicurasi 2023

Minisitiri Gasana yasabye urubyiruko gushikama bagahangana n’abakomeje gup

U Rwanda rurishimira ibyagezweho mu kurwanya Malariya