AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Rusizi: Ku munsi wa mbere w’ingendo abanyura i Huye babuze uko babigenza

Yanditswe Mar, 16 2021 11:40 AM | 88,751 Views



Ku munsi wa mbere wo gusubukura ingendo hagati y’uturere n’intara, abategera imodoka muri gare ya Rusizi bari bake cyane kandi n’amagence menshi atwara abantu muri rusange nta modoka yari afite i Rusizi. Ubuyobozi bwa gare ya Rusizi buvuga ko buri kuvugana na ba nyiri amagence ngo baze bakomeze imirimo kubera ko imodoka zose bari barazitwaye I Kigali.

Kimwe mu bintu byari bihenze ni ukuva cyangwa kuza i Rusizi muri iyi minsi ingendo hagati y’uturere n’intara zari zibujijwe.

Nyuma y’uko inama y’abaministri y’ejo hashize yemeje ko ingendo zemewe, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri muri gare ya Rusizi abatega imodoka bari bake cyane bigaragara. Kugeza ubwo twahavaga ahagana saa tatu, ibigo bitwara abagenzi muri rusange bitatu gusa ni byo byari byafunguye imiryango, na byo byari bimaze kurekura imodoka ebyiri zonyine zigiye hirya no hino mu tundi turere. Abagenzi bari bazindutse bishimiye icyemezo cyo gufungura ingendo.

Ibiro by’ibigo birenga 6 bitwara abagenzi muri gare ya Rusizi birafunze! Ndetse ibigo nka Volcano, Capital na Ritco nta modoka zabyo ziri i Rusizi. Hejuru y’ibi kandi, kugeza ubwo twavaga muri iyi gare nta modoka n’imwe iturutse Ii Kigali cyangwa i Huye itwara abagenzi mu buryo bwa rusange yari yakandagira muri gare ya Rusiz. 

Muri gare ya Rusizi imodoka nkeya zari zihari byasabye ko zikorerwa indi mirimo ya tekinike kugira ngo zibashe kugenda. Ngo zari zarakwamye kubera kumara igihe kirekire zidakora. Ibyatsi byameze hirya no hino muri gare kubera kumara iminsi idakoreshwa. Ibiciro ntibyahindutse. Byibuze ngo nka nyuma y’iminsi 2 ni bwo ibintu bizaba byasubiye mu buryo muri iyi gare.

Aphrodis MUHIRE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Imiryango 4800 imaze kwimurwa nyuma y’ibiza byo muri Gicurasi 2023

Minisitiri Gasana yasabye urubyiruko gushikama bagahangana n’abakomeje gup

U Rwanda rurishimira ibyagezweho mu kurwanya Malariya

Abadepite basabye Guverinoma gukemura ikibazo cyo gushyingura bihenze

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza