AGEZWEHO

  • Imyinshi izafungwa- Umushinga w'itegeko rigenga imiryango itari iya Leta uteye impungenge – Soma inkuru...
  • Umujyi wa Kigali mu ngamba zo guhashya ruswa – Soma inkuru...

Uruganda Gikonko Rice rwaciwe amande ya Miliyoni 2 Frw

Yanditswe Jan, 14 2022 16:47 PM | 10,020 Views



Ikigo cy'Igihugu gishinzwe ubugenzuzi bw'ubuziranenge ihiganwa mu bucuruzi no kurengera abaguzi, cyahanishije amande ya Miliyoni 2 Frw uruganda rutunganya umuceri rwa Gikonko Rice ruri muri Gisagara.

Ni nyuma y'uko bigaragaye ko rwatwaye umusaruro w'abahinzi nta masezerano rufitanye n'amakoperative yabo, kugeza ubu abahinzi bakaba batarishyurwa amafaranga y'uwo musaruro. Uru ruganda rwasabwe kugirana amasezerano n'amakoperative y'abahinzi no kwishyura umusaruro rumaze gufata.

Hari mu gikorwa cy'ubugenzuzi gikomeje hirya no hino mu turere tw'igihugu, hagenzurwa uko ibiciro by'umuceri byubahirizwa mu makoperative awuhinga no mu nganda ziwutunganya.

Hashize igihe kitari gito bamwe mu bahinzi b’umuceri bibumbiye mu makoperative, bataka kutishyurwa n’uru ruganda aho bagaragazaga ko uru ruganda rubatwarira umusaruro ariko rugatinda kubaha amafaranga ku buryo rimwe na rimwe byabatezaga igihombo cyo kudahingira igihe.

Uru ruganda rwasabwe kwihutisha kugirana amasezerano n'amakoperative y'abahinzi no kwishyura umusaruro rumaze gufata.

Mu kurengera umuhinzi w'umuceri, RICA yongeye kwibutsa inganda zitunganya umuceri kugirana amasezerano n'amakoperative y'abahinzi, kuyishyura ku gihe bityo na yo akishyura abahinzi ku gihe.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Imyinshi izafungwa- Umushinga w'itegeko rigenga imiryango itari iya Leta ut

Ishyaka PDI ryiyemeje kuzashyigikira Paul Kagame mu matora y’Umukuru w&rsq

Zimwe mu mpinduka zagaragaye muri Kaminuza mu myaka 30 ishize

Abanya-Kigali bishimiye kongera gukomorerwa kubaka

Hakiriwe dosiye 4698 z'abaregwa gukoresha nabi umutungo wa Leta mu myaka 5

Imiryango 4800 imaze kwimurwa nyuma y’ibiza byo muri Gicurasi 2023

Minisitiri Gasana yasabye urubyiruko gushikama bagahangana n’abakomeje gup

U Rwanda rurishimira ibyagezweho mu kurwanya Malariya