AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Inteko ishinga amategeko y'u Rwanda yemeje itegeko rishya rigenga abunzi

Yanditswe Jun, 14 2016 09:53 AM | 5,236 Views



Inteko Ishinga Amategeko kuri uyu wa 1 yakiriye umushinga ushyiraho itegeko rigenga imanza ziburanishwa na komite z’abunzi mu gihugu hose ndetse rinakuraho ububasha bafite mu iburanishwa ry’imanza zijyanye no kunga abantu baregwa ibyaha byateganyirijwe.

Minisitiri w’Ubutabera Johnston Busingye yatangarije abadepite ko uruhare rw’abunzi mu guca imanza zirebana n’ibyaha bikomeye mu muryango nyarwanda byagaragaye ko hari abatanyurwa n’imyanzuro ifatwa n’uru rwego.

Ati “Twafashe umwanya uhagije wo kuganira kuri iyi ngingo mbere yo gushyiraho umushinga w’iri tegeko. Ntabwo bikwiye ko ibyaha bigaragara mu gitabo cy’amategeko ahana mu Rwanda bikomeza kuburanishwa n’urwego rw’abunzi.”

Itegeko ririho rigena imikorere y’abunzi riha ububasha ndakuka uru rwego bwo guca imanza ku byaha bijyanye no gukubita no gukomeretsa, kwica itungo ry’umuturanyi, kwangiza no gusenya inyubako y’abandi, iterabwoba, ubujura, kwangiza umutungo wa mugenzi wawe; byose byahabwaga abunzi ngo babikemure mu gihe cyose ibyangijwe bifite agaciro katarengeje miliyoni 5 z’amafaranga y’u Rwanda.

Abadepite bakimara kwakira umushinga w’iri tegeko babwiye leta ko ingano y’amafaranga angana na miliyoni eshanu yafatirwagaho mu iburanisha ry’imanza z’abunzi , yari ku rwego rwo hejuru ndetse babasaba kuyagabanya mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’ubujura bw’abantu bigwizagaho iby’abandi, kubera nta mpungenge baterwa n’uko ikibazo kizakemukira ku rwego rw’ abunzi.




Munganyinka Clementi

turasaba ko mwatubwirira inkiko zikajya zireka kwakira ubujurire butesha agaciro imyanzuro y'abunzi. byarababaje cyane kubona umuntu arega uwo batuye mu mudugudu umwe urukiko rwibanze rugatesha agaciro imyanzuro y'abunzi ngo kubera uwatsindiwe mu bujurire yajuririye gutesha agaciro iyo myanzuro. ikibabaje kandi urwo rukiko rwari rwateye kashe-mpuruza kuri uwo mwanzuro rurarenga ruwutesha agaciro. ibi byakorewe uwitwa MUNGANYINKA Clementine wo mu Mudugudu wa HANIKA, TERIMBERE, NYUNDO. RUBAVU Jul 01, 2017


Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage