AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Abayobozi basezeye bwa nyuma nyakwigendera Nyandwi Desire

Yanditswe Oct, 17 2016 14:04 PM | 1,439 Views



Abagize inteko ishinga amategeko imitwe yombi ndetse na bamwe mu bayobozi bakuru b'igihugu kuri uyu wa 1 basezeye bwanyuma kuri Depite Nyandwi Desire witabye Imana ku wa Gatanu w'icyumweru gishize aguye mu bitaro byitiriwe umwami Faisal. Ni umuhango wabereye mu ngoro y'inteko ishinga amategeko umutwe w'abadepite.

Mu butumwa bwa Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, bwasomwe na Minisitiri Venantie Tugireyezu, yavuze ko Igihugu n'Abanyarwanda, babuze umuyobozi n' umukozi mwiza warangwaga n'ukuri no gukunda igihugu n'Abanyarwanda muri rusange.

Naho Francois Ngarambe Umunyamabanga Mukuru w'Umuryango FPR Inkotanyi nyakwigendera yari abereye umunyamuryango, yavuze ko Depite Nyandwi asize umurage mwiza w'uko yari umugabo w'umukozi.

nyuma yo kumusezeraho mu nteko ishinga amategeko Umuhango wo gusezera kuri depite Nyandwi wakomereje muri Paruwasi yitiriwe umwamikazi w’amahoro, Regina Pacis i Remera. Gushyingura byo birakorerwa ku irimbi rya Rusororo mu Karere ka Gasabo.

Mbere y'uko aba Depite kuva mu gushyingo 2002, Nyandwi Joseph Désiré, yabaye Perefe w’iyahoze ari Perefegitura ya Gitarama kuva kuwa 29 Ukwakira 1994 kugera 07 Gashyantare 1999. Kuva kuya 08 Gashyantare 1999 kugera kuya 15 Ugushyingo 2002 yari Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage